Umuryango w’Abibumbye (UN) wavuze imitwe itanu iri inyuma y’icyo yita ihungabana ry’umutekano rikomeje mu burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo (DRC), bigaragazwa n’ibitero byibasira abasivili, nubwo MONUSCO yashyizeho ingamba zo kubarinda “gukomeye kandi nta kubogama”.
Stéphane Dujarric, Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru, Antonio Guterres, yashinje ibyo bitero imitwe ya CODECO na M23 ndetse n’ indi mitwe yitwaje intwaro y’abanyamahanga ikomeje gukorera ku butaka bwa Congo, irimo ADF (Allied Democratic Force), Red Tabara na FDLR (Forces Démocratique pour la libération de Rwanda).
Iyi mitwe yose ngo ikomeje guhungabanya umutekano mu karere, nk’uko yabitangaje agaruka ku makuru agezweho kuri Repubulika ya Demokarasi ya Congo, MONUSCO ndetse n’ingamba zinyuranye, mu gihugu ndetse no mu karere, zo kwambura intwaro imitwe yitwaje intwaro nk’uko iyi nkuru dukesha defenceweb.co.za ivuga.
Dujarric ati: “Muri Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Ituri, MONUSCO irengera abantu mu buryo butabogamye kandi mu buryo bukomeye kandi ikanafasha kurwanya imitwe yitwaje intwaro, nk’uko yabyemerewe n’akanama gashinzwe umutekano.
Akomeza agira ati: “MONUSCO ikomeje gutera inkunga FARDC yubahiriza byimazeyo politiki y’uburenganzira bwa muntu y’Umuryango w’Abibumbye. Ibi ni ukugira ngo inkunga y’ubutumwa ku nzego z’umutekano zitari iz’Umuryango w’Abibumbye ijyane n’intego n’amahame y’Umuryango nk’uko bigaragara mu gitabo cy’Umuryango w’bibumbye ndetse n’inshingano ziteganywa n’amategeko mpuzamahanga, ”



2 Responses
Loni yavuze imitwe 5 y’inyeshyamba ikomeje guhungabanya umutekano muri Congo
None ko itagenda canke igire ico ivuze kur poutine, amaze abanyagihugu muri I kraine
Loni yavuze imitwe 5 y’inyeshyamba ikomeje guhungabanya umutekano muri Congo
None ko itagenda canke igire ico ivuze kur poutine, amaze abanyagihugu muri I kraine