Umuhungu wa Perezida Yoweri Museveni uyobora ingabo za Uganda zirwanira ku butaka, Lt Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda mu ruzinduko rwe bwite kuri uyu wa 14 Werurwe 2022.
Indege yihariye (private jet) imugejeje ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali, i Kanombe, mu kanya kashize, yakirwa n’abagize Ambasade ya Uganda mu Rwanda bayobowe na ‘Charge d’Affaires’, Anne Katusiime.
Ku ruhande rw’u Rwanda, Gen. Kainerugaba yakiriwe na Brig. Gen. Willy Rwagasana uyobora ingabo zirinda Umukuru w’Igihugu n’Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda, Col. Ronald Rwivanga.

Byitezwe ko uyu musirikare yakirwa na Perezida Paul Kagame, bakaganira ku mubano w’u Rwanda na Uganda urimo gusubira mu buryo bwiza, nyuma y’igihe kirekire urimo igitotsi, nk’uko yabiteguje mu butumwa aherutse gutangira kuri Twitter tariki ya 28 Gashyantare 2022.
Gen. Kainerugaba muri ubu butumwa yagize ati: “Nyuma y’ikiganiro kirekire na Data wacu, Perezida Kagame, muri iki gitondo twumvikanye ko nzasubira i Kigali mu minsi iri imbere kugira ngo dukemure ibibazo byose biri hagati ya Uganda n’u Rwanda.”
Yaherukaga mu Rwanda tariki ya 22 Mutarama 2022, ubwo yakirwaga na Perezida Kagame bakaganira ku buryo ibibazo bikibangamiye umubano w’ibihugu byakemuka.
Uruzinduko rwe rwakurikiwe n’icyemezo cya Guverinoma y’u Rwanda cyo gufungura umupaka wa Gatuna cyashyizwe mu bikorwa tariki ya 31 Mutarama, amakamyo atwara ibicuruzwa yemererwa kwambuka.
N’ubwo uyu mupaka hamwe n’indi yafunguwe, haracyari ibibazo bikibangamiye imigenderanire n’ubuhahirane hagati y’Abanyarwanda n’Abagande, birimo kuba umugenzi asabwa kwipimisha Covid-19 mu buryo bwa PCR bwishyurwa amafaranga y’u Rwanda 30,000. Ibi bibazo byaba biri mu biraganirwaho, bigahabwa umurongo.

Amafoto: Uganda High Commission Kigali/Twitter



2 Responses
Lt Gen. Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
Imikorere y’uyu muhungu irasebya ibihugu byacu byombi. yego ntawabuza imilyango kubana no kugirana urugwiro. Ariko kandi imiyoborere y’ibihugu ntishobora gushingira ku cyenewabo gusa. Haribazwa icyo za minisiteri z’ububanyi n’amahanga zikora mu gihe icyenewabo aricyo gishyizwe imbere! Biteye isoni n’agahinda. Ibi ni ugutobatoba ibihugu!
Lt Gen. Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
Imikorere y’uyu muhungu irasebya ibihugu byacu byombi. yego ntawabuza imilyango kubana no kugirana urugwiro. Ariko kandi imiyoborere y’ibihugu ntishobora gushingira ku cyenewabo gusa. Haribazwa icyo za minisiteri z’ububanyi n’amahanga zikora mu gihe icyenewabo aricyo gishyizwe imbere! Biteye isoni n’agahinda. Ibi ni ugutobatoba ibihugu!