Guverineri wa gisirikare w’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, Lt Gen Constant Ndima Kongba, yahamagajwe i Kinshasa nyuma y’ubwicanyi bukomeye buheruka gukorerwa mu mujyi wa Goma.
Ni ubwicanyi bwabaye mu cyumweru gishize. Leta ya Congo yemera ko abapfuye ari abantu 43, gusa hari amakuru avuga ko baba barenga 100.
Lt Gen Ndima yahamagajwe i Kinshasa nyuma y’uko ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize Perezida FĂ©lix Tshisekedi yari yohereje i Goma itsinda ryarimo Minisitiri w’Ingabo, Jean Pierre Bemba n’uw’umutekano, Peter Kazadi, mu rwego rwo gusuzuma ibyabaye.
Itangazo ririya tsinda ryasohoye rivuga ko hamaze gufatwa ingamba zikomeye, zirimo no guhamagaza Guverineri Ndima.
Usibye uyu musirikare, hanahamagajwe abapolisi babiri bakomeye bakekwaho kugira aho bahurira na buriya bwicanyi bwakorewe abigaragambyaga.
Hari amakuru avuga Lt Gen Constant Ndima Kongba unasanzwe akuriye ibikorwa bya gisirikare mu ntara ya Kivu y’Amajyaruguru yaba ari we watanze amakuru ku basirikare ngo barase abigaragambyaga.
Andi makuru cyakora avuga ko amabwiriza yatanzwe na GĂ©nĂ©ral-Major Ephraim Kabi ukuriye umutwe w’abasirikare barinda Tshisekedi, binyuze muri Colonel Mike Mikombe uyobora abasirikare bo muri uriya mutwe baba mu mujyi wa Goma.


