bitmap_1200_nocrop_1_1_20241203133429027549_WhatsApp_Image_2024-12-03_at_12.36.05

Lubero: Umusirikare wa FARDC yishe bagenzi be bapfa abagore

Sangiza iyi nkuru

Umusirikare wo mu Ngabo z’igihugu cya Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) yarasiye mu kabari ko muri Lubero centre, yica bagenzi be babiri b’Abakomando ahagana mu ma saa saba zijoro zo ku wa Gatanu. Ibi byabereye muri Teritwari ya Lubero, mu Ntara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Amakuru aturuka mu nzego zitandukanye zaho avuga ko ayo makuba yatewe n’impaka zishingiye ku bagore, zaje gufata intera zirenga igaruriro. Imirambo y’abishwe yajyanywe muri morgue mu bitaro bikuru bya Lubero.

Avugana na ACTUALITÉ.CD, Lt Col. Kiwewa Mitela Alain, umuyobozi w’ingabo muri ako karere, yemeje ibyabaye.

Yavuze ko uwarashe yahise afatwa na bagenzi be b’abasirikare, hanyuma ajyanwa ku biro by’ubushinjacyaha bwa gisirikare bya Lubero kugira ngo hakorwe iperereza.

Ibi byabaye byiyongera ku ruhererekane rw’amakosa akomeje gukorwa n’abasirikare ba FARDC kuva mu ntangiriro za Nzeri.

Ku itariki ya 8 Nzeri, umusirikare yarashe umugore we i Kanyatsi. Nyuma y’iminsi ibiri, ku itariki ya 10 Nzeri, undi musirikare yishe umusivili hafi y’umudugudu wa Lima, uherereye nko mu birometero bitandatu uvuye i Njiapanda, ukiri muri Teritwari ya Lubero.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *