M23 irashinja Kabila kuba inyuma y'ubwicanyi bukorwa mu Burasirazuba bwa Congo

Sangiza iyi nkuru

Abahoze ari inyeshyamba zo mu mutwe wa M23 bashyize ahagaragara raporo igaragaza ko umutekano mucye urangwa mu Burengerazuba bwa Congo ugirwamo uruhare na Guverinoma.
Inyeshyamba zo mu mutwe wa ADF mu mezi ashize zagabye ibitero mu midugudu itandukanye bica abantu benshi. Umuyobozi wa M23, Bisiimwa Bertrand yatangaje ku rubuga rumwe kuri uyu wa Gatatu ko ubwicanyi no kwiba imodoka byiyongereye mu duce twa Rutshuru, Masisi, Nyiragongo na Walikare.
m23-bertrand-bisimwa1-3
Bisiimwa yatangaje ko abasirikare bakuru bagaragaye mu bwicanyi ndetse no gutunganya amabuye y’agaciro mu buryo butemewe n’amategeko mu duce tw’intara ya Ituri ya Kivu y’Amajyaruguru, Kivu y’Amajyepfo na Maniema.
Umutwe wa M23 utangaje ibi mu gihe hari ibibazo bya politike muri DRC mu gihe hateganyijwe amatora y’umukuru w’igihugu mu kwezi ku Ugushyingo.
Guverinoma yatangiye kuganira na bamwe mu batavuga rumwe n’ubutegetsi kugirango harebwe uburyo ibibazo bya politike biri muri iki gihugu byacyemuka. Bisiimwa yatangaje ko atazemera ibizava mu biganiro biri gukorwa hagati ya guverinoma n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi kubera ko M23 itatumijwe mu biganiro kandi nabo barasinye ku masezerano y’ i Nairobi tariki 12 Ukuboza 2013.
Bisiimwa yatangaje ko inzego z’umutekano za DRC zirukanye abarwanyi ba M23 kugirango zibone uko zikomeza gukora ubwicanyi n’ibindi bikorwa by’iyicarubozo abantu bose bari bafite aho bahuriye n’abarwanyi ba M23.
Hakozwe byinshi kugirango amahoro agaruke muri kariya gace, kuko Museve na Kabila bahuriye mu Burasirazuba bwa Congo kugirango hagarurwe amahoro muri aka gace, Kabila agaragaza ubushake mu kugarura amahoro mu burasirazuba bwa Congo ariko kugeza ubu ubwicanyi buracyakorwa muri aka gace.
Abakurikiranira hafi ibibera muri Congo babona ko guverinoma ya DRC kuba yarafashe gahunda yo kugarura abari abarwanyi bo mu mutwe wa M23 no gufungura zimwe mu mfungwa za politiki ishaka kugarazaza ko iri gushyira mu bikorwa amasezerano y’amahoro yasinyiwe i Nairobi.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
TUYISHIME Malachie

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *