screenshot_2024-06-05_073915.jpg

M23 yafashe Umujyi wa Kanyabayonga FARDC na MONUSCO bakwira imishwaro

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 5 Kamena, imiryango itegamiye kuri Leta yashinje inyeshyamba za M23 gutera igisasu mu gace gatuwe n’abasivili, mu gihe uruhande rwegereye izi nyeshyamba rwemeza ko igisasu cyatewe na FARDC igihe yahungaga Kanyabayonga bivugwa ko yaraye ifashwe na M23.

Kuri ubu, nta cyo uruhande rwa guverinoma ruratangaza kuri aya makuru. Icyakora, imirwano yari yakajije umurego muri ako gace hagati y’Ingabo za Congo n’inyeshyamba za M23 mu bice bikikije Kanyabayonga.

Amakuru aturuka muri ako gace avuga ko ku ruhande rwa Masisi, byibuze ibindi bisasu bibiri byajugunywe ku wa Mbere n’inyeshyamba za M23 biva mu misozi bagenzura hafi ya Sake bikagwa i Kasengezi, mu burengerazuba bwa Mugunga. Nta muntu byahitanye. Umutuzo wari wagarutse mu mujyi wa Sake kuri uyu wa Kabiri, nyuma y’ubwoba ku mugoroba wo ku wa Mbere, kubera amasasu yumvikanye muri uyu mujyi.

screenshot_2024-06-05_073915.jpg

Ku rundi ruhande, abegereye M23 bavuga ko kuri uyu wa Kabiri, FARDC n’abafanyabikorwa ba yo ubwo bahungaga Kanyabayonga, bajugunye igisasu mu gace ka Bulotwa muri Teritwari ya Lubero.

Ku isaha ya saa kumi n’imwe z’umugoroba, nibwo byatangajwe na bamwe mu bakurikirana urugamba ko M23 yamaze kubohoza Kanyabayonga nubwo Umuvugizi wa MONUSCO, Lt-colonel Kedagni Mensah, yari yemeje ko bohereje ingabo gufasha FARDC kubuza M23 gufata Kanyabayonga.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *