M23 yemeje ko RDC iheruka kuzana abacanshuro b’Abarusiya

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 wamaganye Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma yo kwitabaza abacanshuro bo mu mutwe wa Wagner wo mu Burusiya ngo baze guhangana na wo.

M23 yemeje ko Congo iri gukorana na Wagner binyuze mu itangazo rikubiyemo ubutumwa busoza umwaka wa 2022 Bertrand Bisimwa usanzwe ari Perezida wayo yageneye abanye-Congo.

Ni Bisimwa wabwiye abanye-Congo ko umwaka warangiye nabi, nyuma y’amakimbirane amaze igihe mu burasirazuba bw’igihugu cyabo.

Ni amakimbirane yashinje Leta ya Congo kuba nyirabayazana wayo, nyuma y’uko Tshisekedi uyiyoboye ananiwe gusohoza ibyo yemereye abanye-Congo ubwo yiyamamazaga muri 2018. Muri byo harimo kurandura ruswa ndetse no gukemura ikibazo cy’umutekano muke uri mu burasirazuba bwa RDC.

M23 mu itangazo ryayo, yatanze impuruza y’uko “Guverinoma ya Congo ntabwo ishaka amahoro, ndetse irashaka intsinzi ya gisirikare ku kiguzi icyo aricyo cyose.”

Ni nyuma y’uko Leta ya kiriya gihugu ifashe icyemezo cyo guha intwaro nshya hafi 400 ndetse n’amasasu yazo imitwe irimo FDLR na Mai-Mai imaze igihe ifatanya ku rugamba n’Ingabo za FARDC.

M23 kandi yavuze ko usibye kuba Leta ya Congo ikorana n’iriya mitwe, yanamaze kwiyambaza abacanshuro b’Abanyaburayi [ba Wagner], ibyo yamaganiye kure.

Iti: “M23 iramagana Guverinoma ya RDC ku bwo kwinjiza abanyamahanga mu makimbirane akomeje ndetse no guha ikiraka abacanshuro b’abanyaburayi.”

M23 yemeje ko RDC iri gukorana n’abacanshuro, nyuma y’amakuru avuga ko abacanshuro ba mbere bo mu mutwe wa Wagner bageze i Goma mu mpera z’umwaka ushize.

Amakuru avuga ko RDC yahaye akazi abacancuro 100 bo mu mutwe wa Wagner bageze i Goma ku wa 22 Ukuboza, bakurikirwa n’Abafaransa 103 bahoze mu mutwe w’aba- Légionnaires bari bakubutse i Bucharest muri Romanie.

Bivugwa ko aba bacanshuro bacumbikiwe muri Hotel yitwa Mbiza imaze iminsi irinzwe bikomeye n’umutwe ushinzwe kurinda Perezida Tshisekedi.

Biteganyijwe ko abacancuro 300 bazaba bageze muri RDC muri Mutarama uyu mwaka.

Wagner Group ni umutwe washinzwe mu 2014, ukaba ugizwe n’abahoze mu gisirikare cy’u Burusiya. Uyu mutwe ukunze kwifashishwa kugarura umutekano mu bihugu bimwe na bimwe birimo ibya Afurika.

Amerika n’u Burayi cyakora cyo biwufata nk’uw’abacancuro uhungabanya uburenganzira bwa muntu kandi witwara gisirikare.

Abacancuro bawo binjiye muri RDC, nyuma y’uruzinduko Minisitiri w’Ingabo za RDC, Dr Gilbert Kabanda yagiriye mu Burusiya muri Kanama 2022.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. M23 yemeje ko RDC iheruka kuzana abacanshuro b’Abarusiya
    Ngo “Umun… azira undi”! M23 yitwa umutwe w’iterabwoba kandi ushinjwa kutubahiriza uburenganzira bw’ikiremwamuntu. Nyuma y’ubwicanyi bwa Kishishe, ninde M23 yaha isomo kuby’intambara? Ese ubundi iyo abantu bahanganye, umwe ategeka undi ukuntu agomba kwitwara? Bisimwa ntiyavuze impamvu ingabo za EAC zo zitamaganywa na M23 kandi zariyambajwe na Kongo!

  2. M23 yemeje ko RDC iheruka kuzana abacanshuro b’Abarusiya
    Ese nkiyifoto ko ariyo muri santra African,mukayikoreshya muri DRC,ntimuba muducanga?

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *