Umutwe wa M23 ku wa Mbere tariki ya 13 Ugushyingo, werekanye itsinda ry’abasirikare uheruka gufatira mu mirwano yawusakiranyije n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Ni igikorwa cyabereye i Kavumu kiyoborwa n’Umuvugizi w’Ishami rya Gisirikare ry’uyu mutwe, Major Willy Ngoma.
Abasirikare uyu mutwe werekanye ni abo wafatiye mu mirwano yawusakiranyije na FARDC mu cyumweru gishize, by’umwihariko muri za Teritwari za Nyiragongo na Masisi.
Barimo batatu bo mu gisirikare cy’u Burundi, babiri b’icya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC), abarwanyi babiri ba Wazalendo ndetse babiri b’umutwe wa FDLR.
Major Willy Ngoma yavuze ko batakabaye berekana ziriya mfungwa z’intambara mu busanzwe zikwiye kurindwa n’amategeko mpuzamahanga arengera ikiremwamuntu, gusa akavuga ko bahisemo kubikora mu rwego rwo “kwereka Isi yose ukuri kw’ibiri kubera muri Congo ndetse n’ikibazo nyacyo gihari.”
Mu basirikare b’u Burundi berekanwe harimo uwitwa Nzisabira Ferdinand ufite ipeti rya Soldat de 1ère classe na numĂ©ro matricule 32200. Uyu musirikare avuga ko abarizwa muri unitĂ© ya 221, compagnie ya mbere, akaba yarinjiye mu gisirikare cy’u Burundi muri 2018. Nzisabira avuga ko Igisirikare yacyinjiriyemo mu ntara ya Mwaro.
Undi werekanwe ni umusaza w’imyaka 53 y’amavuko witwa Caporal-Chef Niyongabo Thierry ufite numĂ©ro matricule 26202. Uyu musaza wavukiye mu ntara ya Muramvya we avuga ko abarizwa muri unitĂ© ya 222, compagnie ya mbere; akaba yarinjiye igisirikare cy’u Burundi mu 1999 mu ntara ya Bururi.
Umusirikare wa gatatu w’u Burundi werekanwe ni 1Ă©re Classe Melance Ndikumana ufite matricule 83678, akaba abarizwa muri unitĂ© ya 412 na compagnie ya kabiri. Ndikumana w’imyaka 30 yinjiriye Igisirikare muri 2018, acyinjirira mu ntara ya Makamba; gusa akaba avuka i Mwaro.
We na bagenzi be uko bari bambaye imyambaro y’igisirikare cya Congo Kinshasa (FARDC).
Bamwe muri aba basirikare bavuga ko iyi myambaro bayiherewe i Bujumbura, mbere yo kurira indege yabahavanye bo n’abandi babarirwa muri 50 ibajyana i Goma.
Nzisabira yavuze ko we na bagenzi be bavuye i Burundi nta mbunda bafite, ko ahubwo bazihawe bageze i Goma.
Uyu musirikare avuga ko nyuma yo guhabwa imbunda za FARDC, we na bagenzi be bahawe misiyo yo “kujya i Kilorirwe (muri Masisi) kurwanya Abanyarwanda.”
Caporal-Chef Niyongabo we avuga ko yinjira muri RDC yanyuze i Bukavu n’imodoka, ari na ho yambikiwe impuzankano ya FARDC ndetse n’imbunda.
Uyu na bagenzi be bo ngo basabwe kwerekeza i Kitshanga muri Masisi “kurwanya Abanyarwanda.”
Aba basirikare bahuriza ku kuba uduce boherejwemo kujya kurwanyamo Abanyarwanda basanze dutuwe n’abanye-Congo.
1ere Classe Ndikumana yavuze ko binjira muri RDC bari bayobowe na Major Gashirahamwe [Ernest] uheruka kugwa mu mirwano ya FARDC na M23.
We na bagenzi be basaba imiryango yabo na sosiyete Sivile gusaba Leta y’u Burundi kuvugana na M23 kugira ngo ibarekure basubire mu gihugu cyabo.
Uyu mutwe werekanye aba basirikare, mu gihe Igisirikare cy’u Burundi kimaze igihe gihakana ko cyaba gifasha FARDC mu ntambara ihanganyemo na wo.
Amakuru avuga ko Igisirikare cy’u Burundi cyohereje muri RDC bataillon eshatu z’abasirikare, ndetse kikaba kiri no gutegura koherezayo iya kane mu minsi iri imbere.
Mu ba FDLR berekanwe harimo uwitwa Baraka Shukuru winjiye muri uwo mutwe afite imyaka 15 y’amavuko, na mugenzi we witwa Emmanuel Samehe wawinjiyemo muri 2017.
Baraka uvuga ko wavukiye i Mudende mu karere ka Rubavu, avuga ko se umubyara ari we wamwinjije muri FDLR nyuma yo kumwambukana muri Congo akiri umwana muto cyane.
Mugenzi we na we avuga ko yavukiye mu yahoze ari Komine Mutura (mu karere ka Rutsiro), na we akaba yarinjiye muri FDLR bigizwemo uruhare na se na we uba muri uyu mutwe.
Aba bombi biyongera ku bandi barwanyi icyenda ba FDLR berekaniwe i Rutshuru, nyuma yo gufatirwa mu mirwano.



One Response
M23 yerekanye abasirikare b’u Burundi, FARDC na FDLR yafashe mpiri
Ariko! uburero muzingom23 intambara murayitsinzekuko mwafashe bamatekwa? muribesha ntahobivuye ntanahobigyiye.