Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku biribwa (PAM), rivuga ko amapfa amaze imyaka 40 yaribasiye amajyepfo ya Madagascar yatumye abatari bake bibasirwa n’inzara ikomeye.
PAM yatangaje aya makuru nyuma y’uruzinduko umuyobozi wayo, David Beasley, aherutse kugirira muri kariya gace.
Beasley mu itangazo yasohoye, yavuze ko nta mfashanyo ibonetse mu maguru mashya, abarenga 500,000 bagirwaho ingaruka zikomeye n’ariya mapfa, mu gihe ababarirwa mu 800,000 na bo baba bari muri iyo nzira.
Yavuze ko yababajwe cyane n’ibyo yiboneye n’amaso ye muri Madagascar.
Ati: “Abana baradaze basigaye ari amagufa gusa, imiryango irya ibyondo n’ibiti byo mu mashyamba kubera ko nta kintu na kimwe gihari cyo kurya.”
Yavuze ko ibiri kubera muri kariya karere ari amahano, ashimangira ko ihindagurika ry’ikirere ari ryo nyirabayazana.
Umuyobozi wa PAM yasabye ibihugu bikize kugoboka abanya-Madagascar kugira ngo babone icyo gusamura.
Mu mpera z’umwaka ushize icukumbura ryakozwe na AFP ryari ryagaragaje ko abatuye mu majyepfo ya Madagascar batunzwe n’ivu bavanga n’ikimera cya tamarind [kijya kumera nk’imikunde] mu rwego rwo kureba ko babona amaramuko.
Ni nyuma y’izuba ryinshi ryavuye ryangiza ibihingwa byo muri kariya karere.
Umuhinzi waganiriye na AFP yagize ati: “Turya ivu kuko rifasha mu kumira icyo kimera cya ‘Tamarind’ kirura, mu kwikiza inzara.”
Abanya-Madagascar bari basanzwe banatunzwe n’ibiti byitwa ‘Cactus’, gusa ibi ntabwo bikiboneka kuko izuba ryavuye ari byinshi bikuma.
PAM ivuga abarenga miliyoni imwe n’igice bo mu majyepfo ya Madagascar ari bo bakeneye ubufasha bw’ibiribwa bwihutirwa.
Si ubwa mbere kiriya gice cyibasirwa n’amapfa akomeye.
Muri 2016 Loni yatangaje ko abantu barenga miliyoni n’igice mu majyepfo ya Madagascar bageramiwe kubera inzara, kubera izuba ryinshi ryatewe n’ihindagurika ry’ikirere n’icyiswe ‘El Nino’.
Ni izuba ryatumye umusaruro w’ibigori kuri ubu ugabanukaho 80%, mu gihe ibindi bihingwa ngangurarugo nk’ibijumba n’imyumbati utapfa kubibona.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


