20251011_205742

Madagascar: Abasirikare biyunze ku bigaragambya bamagana Leta

Sangiza iyi nkuru

Itsinda ry’abasirikare bo mu ngabo za Madagascar kuri uyu wa Gatandatu ryiyunze ku baturage b’iki gihugu, ryifatanya na bo mu myigaragambyo bamaze iminsi bakora bamagana Leta.

Ku wa 25 Nzeri ni bwo muri Madagascar hatangiye imyigaragambyo yatangijwe n’itsinda ry’urubyiruko ruzwi nka Gen Z, bamagana ibura ry’amazi ndetse n’amashanyarazi.

Mu minsi mike ishize imyigaragambyo yafashe indi ntera bijyanye no kuba abaturage bakomeje kotsa igitutu Perezida Andry Rajoelina na Perezida wa Sena ya kiriya gihugu kwegura.

Kuri uyu wa Gatandatu ubwo i Antananarivo mu murwa mukuru haberaga imyigaragambyo ikomeye, igice cy’abasirikare ba kiriya gihugu biyunze ku baturage bafatanya na bo kwigaragambya.

Mu mashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga abasirikare bumvikanye basaba bagenzi babo bo mu nzego z’umutekano kwanga gukurikiza amabwiriza yo kurasa abigaragambya bahawe.

Abo basirikare bo mu mutwe uzwi nka Capsat bumvikanye bagira bati: “Niduhuze imbaraga zacu, abasirikare, abajandarume ndetse n’abapolisi twange guhemberwa kurasa ku nshuti zacu, abavandimwe bacu ndetse na bashiki bacu.”

Byunzemo bati: “Urubyiruko rugowe no kubona akazi mu gihe ruswa no gusahura ubukungu bw’igihugu bikomeje kwiyongera mu buryo bwose, kandi inzego zishinzwe iyubahirizwa ry’amategeko zitoteza, zikomeretsa, zifunga ndetse zikarasa bagenzi bacu. Ku basirikare bose biteguye gufata inshingano, nimwiyunge kuri Capsat. Mwebwe basirikare bari mu ngoro z’Umukuru w’Igihugu za Iavoloha na Ambohitsorohitra, muve ku maposita yanyu musubire mu bigo bya gisirikare mukomokamo.”

Aba basirikare kandi basabye bagenzi babo bakorera ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ivato kutemera ko hari indege n’imwe ihaguruka.

Byunzemo bati: “Nimufunge amarembo hanyuma mutegereze amabwiriza yacu. Ntimwongere kubahiriza amategeko y’ababakuriye. Mutunge intwaro zanyu ababategeka kurasa abavandimwe banyu bo mu ngabo, kubera ko atari bo bazita ku miryango yacu nidupfa.”

Colonel mu ngabo yasabye Perezida Rajoelina n’ibyegera bye kuva ku butegetsi 

Mu kiganiro Radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) yagiranye na Colonel Mickaël Randrianirina wo mu ngabo za Madagascar ubwo yari mu gifaru kidatoborwa n’amasasu yifatanya n’abigaragambya, yasabye abayoboye ubutegetsi kubuvaho.

Ati: “Iyo nza kuba ntari umukristu nakavuze ngo ijisho rihorerwe irindi n’iryinyo rihorerwe irindi, ariko ndi umukristu. Rero ndashaka kuvuga ngo ‘ku bohereje abajandarume bose hano mpereye ku muyobozi wa jandarumori, Minisitiri wa jandarumori na Perezida wa Repubulika, bose bave ku butegetsi’.”

Amakuru kuri ubu avuga ko Perezida Rajoelina yaba yahunze Umujyi wa Antananarivo, gusa Perezidansi ya Madagascar yatangaje ko akiri ku butaka bw’iki gihugu.

Soma Izindi Nkuru

The Ben ari mu bitaro

April 16, 2026

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *