HD7TAJja8AADIA-

Madamu Jeannette Kagame yongeye gucyebura Umuryango Nyarwanda

Sangiza iyi nkuru

Madamu Jeannette Kagame, umufasha wa Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 21 Werurwe 2026 yongeye gukebura Umuryango Nyarwanda, asaba ababyeyi kongera kubaka ubusabane hagati yabo n’abana babo no kubigisha gukomera ku muco w’igihugu.

Ibi Madamu Jeannette Kagame yabitangarije aho yitabiriye Inama Nkuru ya 6 y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye ku muryango wa RPF-Inkotanyi yabereye ku cyicaro gikuru cy’Umuryango FPR-Inkotanyi i Rusororo kuri Intare Arena. Ni inama yahuje abagore basaga 2000 baturutse mu turere twose tw’Igihugu ndetse no mu nzego zitandukanye z’ubuyobozi, aho baganiraga ku ruhare rw’Umugore nk’Umusingi w’Umuryango.

Mu ijambo rye agaruka ku muryango, Madamu Jeannette Kagame yagize ati: “Mu Kinyarwanda tugira umugani mwiza uvuga koā€œUburere buruta ubuvukeā€. Ntabwo rero twavuga iterambere ry’igihugu tutavuze umuryango, kuko ari wo shuri rya mbere, twese tubanza kunyuramo ndetse tunakomeza gutorezwamo.”

HD7TAJFXoAAbds

Yakomeje avuga ko “ibihe turimo by’iterambere ryihuta muri byose, cyane mu ikoranabuhanga, bituma hari imiryango imwe n’imwe, igaragara nk’itagifite ubushobozi bwo kubaka ubusabane hagati y’abana n’ababyeyi.

Ibi bituma hari abana babona ababyeyi nk’abantu bahanganye, batabumva, ndetse hari n’ababyeyi babona abana nk’abantu ā€˜badashobotse’ cyangwa barenze ihaniro; ibyo twakwita mu gifaransa ā€œconflit de gĆ©nĆ©rationsā€.

Avuga ko ariko ibi bidakwiye; kuko iterambere ry’ibihe rikwiye ahubwo kuba imbarutso y’amahirwe y’iterambere ry’umuryango, ndetse ari ingenzi kwiga kubibamo neza kandi “tukamenya guhitamo ibijyanye n’indangagaciro nyarwanda zitwubaka”.

Madamu Jeannette Kagame yakomeje avuga ko “Uburere butangwa n’ababyeyi bose bafatanyije baba abagore n’abagabo, ariko muri iyi nama ndagira ngo twongere twibukiranye ko n’ ubwo umugore atari ā€œushobora byoseā€, uruhare rwe nk’umusingi w’umuryango nta kindi twarusimbuza”.

HD7IJOlaoAAY2BK

Yerekanye ko kubera amateka y’igihugu, hari Abanyarwanda benshi babaye mu buhunzi igihe kirekire, bakabyarira i mahanga, abana babo bagakurirayo, bakigayo bamwe bakanakorerayo.

Ati: “Byari byoroshye cyane kwibagirwa umuco wacu bagafata uw’ibihugu bari barahungiyemo. Ariko banze guta umutima w’u Rwanda, ndetse bamwe aho bishoboka, bakoraga amatorero ngo hatoababakomokaho batazata umuco.

Amatorero yakomeje kuba ishuri rikomeye ry’indangagaciro na kirazira by’umuco nyarwanda, ariko rishyigikiwe n’umuryango. Muri icyo gihe cy’urugamba rwo kubohora igihugu, abagore bagize uruhare rukomeye mu gushyigikira no gukomeza umutima w’abari ku rugamba. Sinarenga aha ntashimiye ababyeyi batubyariye abatabazi, abagore batabaranye na basaza babo, ababyeyi bireranye abana mu gihe inkotanyi zaduciraga inzira itaha iwacu, ndetse n’abo bana babanye n’icyuho cy’intambara ndende ababyeyi babo barwanye.”

Yashimangiye ko iyi myumvire ari yo yatumye RPF-Inkotanyi ibasha kugeza u Rwanda aho rugeze, uhereye ku mateka yo kubohora igihugu kugeza aho rugeze uyu munsi. Ati: “Natwe rero nka ba mutima w’urugo kandi w’umuryango, ntabwo twakomeza kuba abo mu mbere gusa”.

HD7IJOnbsAAaq4G

Yasabye ko ibiganiro byo kuri uyu wa Gatandatu byaba umwanya wo kongera kwisuzuma no kureba ko abana bahawe impamba ikwiye.

Ati: “Hari ubwo tunatekereza ko abana ari bo bataye umuco, ariko uramutse ushyize ku gipimo ukareba ibyo twabahaye n’imyitwarire yabo, hari ubwo wumva tubarenganya.”

Umufasha wa Perezida wa Repubulika yagaragaje ko umwana utaratojwe za ndangagaciro zo gukunda igihugu, kubaha, ubumwe, ubufatanye, ubupfura, kwihesha agaciro, kwirinda kirazira n’ibindi…, iyo atangiye guhura n’imico y’ahandi adafite ibyo asanganywe yatojwe, yakira ibyo ahuye na byo byose agatangira kubigira ibye, ntamenye gutandukanya ā€˜icyatsi n’ururo’.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *