Magufuli yazamuye mu ntera umucamanza wakoze ibidasanzwe mu rukiko

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Tanzania, Dr Pombe Magufuli yazamuye mu ntera umucamanza mu rukiko rukuru amugira umucamanza mu rukiko rw’ubujurire kuko yasomeye igihano uwahamwe n’icyaha, akabivuga mu Giswahili.

TBC itangaza ko benshi mu bacamanza bo muri Tanzania bakunze gutangaza imyanzuro y’urubanza bakoresheje Icyongereza nka rumwe mu ndimi zakoreshejwe handikwa itegeko rigena ibihano muri Tanzania.

Si Icyongereza gusa kuko ayo mategeko aba yanditse no mu Giswahili ariko bamwe bakabyihorera cyane ku manza zirimo abanyamahanga.

Uyu mucamanza akimara kubitangaza mu Giswahili, Magufuli yavuze ko yubashye Igiswahili, bityo ko na we agomba kumuhemba. Ati ” Uyu yafashe icyemezo yubaha ururimi rw’Igiswahili. Uyu munsi muzamuye mu ntera, abe umucamanza mu rukiko rw’ubujurire.”

Magufuli akunze gutungurana ku ngingo zimwe na zimwe ariko nanone bizwi ko ari umwe mu bagabo bakunda gukora ibintu bigakora ku mitima ya bamwe.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *