Abasirikare bane b’Umuryango w’Abibumbye bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Mali (MINUSMA) kuri uyu wa Gatanu, itariki 02 Mata, biciwe mu gitero cyagabwe ku nkambi yabo.
Imibare y’agateganyo yatanzwe na Loni, ivuga ko abasirikare bane bishwe abandi benshi bagakomereka kuri uyu wa Gatanu ushize mu gitero cyagabwe ku nkambi ya Minusma iherereye ahitwa Aguelhoc, ariko abateye nabo batatangajwe umubare bakaba bahasize ubuzima.
Mu itangazo Minusma yashyize ahagaragara, yavuze ko “ingabo za Loni zasubije inyuma neza igitero gikomeye cyagabwe n’abakora iterabwoba bari bitwaje intwaro zihagije nk’uko iyi nkuru dukesha AFP ikomeza ivuga.
Amakuru aturuka muri Minusma akaba avuga ko abasirikare bishwe ari aba abakomoka muri Tchad bari muri iki gice giherereye mu birometero nka 200 uvuye ku mupaka wa Algeria.
Ku itariki 24 Gashyantare, ikindi gitero gikomeye cyahitanye abasirikare 31 ba Mali mu gice cy’umupaka uhuriweho n’ibihugu bitatu; ari byo Mali, Burkina Faso na Niger nk’uko imibare ya nyuma yatangajwe ku itariki 17 Werurwe ivuga.
Imibare ya mbere yari yatanzwe na Etat major yavugaga ko hapfuye abasirikare 11, abandi 11 bakaburirwa irengero, mu gihe hakomeretse 14.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


