Mali: ECOWAS yafatiye ibihano abayobozi 149, Col. Goïta wakoze ‘Coup d’Etat’ ntarimo

Sangiza iyi nkuru

Umuryango w’ibihugu bigize akarere ka Afurika y’uburengerazuba, ECOWAS, wafatiye ibihano abayobozi 149 bo muri Leta ya Mali y’inzibacyuho, Col. Assimi Goïta uyiyoboye na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Abdoulaye Diop barasigara.

Urutonde ruriho aba bayobozi bakuriwe na Minisitiri w’Intebe, Choguel Maiga, ECOWAS yarutangaje tariki ya 17 Ugushyingo 2021. Ruriho abandi baminisitiri 21 bagize iyi guverinoma y’inzibacyuho.

Mu gushyira mu bikorwa ibi bihano, imitungo y’aba bayobozi iri mu bihugu bigize ECOWAS yafatiriwe, kandi ntibemerewe gukoreramo ingendo.

Impamvu yatumye ECOWAS ifatira ibihano aba bayobozi ni uko abasirikare bayobowe na Col Goïta bahiritse ubutegetsi bwa Bah Ndaw wari Perezida w’inzibacyuho muri Gicurasi 2021, bakaba baremeje igihe cya kure cy’igihe abaturage bazishyiriraho ubutegetsi binyuze mu matora.

Ntabwo ECOWAS yasobanuye impamvu Col Goïta na Minisitiri Diop batari kuri uru rutonde, gusa bikekwa ko yabikoze kugira ngo ibahe umwanya wo kujya bitabira ibiganiro biri imbere bigamije gushaka uburyo Mali yashyiraho abayobozi binyuze mu matora.

Abanya-Mali baheruka Perezida bitoreye muri Kanama 2020, akaba ari Ibrahim Boubacar Keïta wahiritswe n’abasirikare bayobowe na Col. Goïta mbere yo guhirika na Ndaw wari wamusimbuye by’agateganyo.

Leta ya Mali y’inzibacyuho yemeza ko amatora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Werurwe 2022.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *