prisonnier-libere-echange-terrorisme-djihadiste-narcotrafiquant-islamiste-mujao-rebelle-touareg-mnla-cma-hcua-barkhane-serval-armee-soldat-francais_1_.jpg

Mali: Ingabo za Niger zishwe, Abafaransa barakomereka, hafatwa n’abayobozi ba EIGS

Sangiza iyi nkuru

Muri Mali, imirwano yo kuwa Kabiri ushize, itariki 15 Kamena, yahuje n’abasirikare ba Niger n’u Bufaransa, bari mu gikorwa cyo gutata, n’abarwanyi b’abajihadiste bo mu mutwe wa Leta ya Kisilamu igice cya Sahara (EIGS), yaguyemo abasirikare babiri ba Niger undi arakomereka, ndetse abasirikare babiri b’Abafaransa bo muri Operation Barkhane nabo barahakomerekera nk’uko byatangajwe kuri uyu wa Gatatu na Etat-major y’u Bufaransa.

Iyi mirwano yabereye ahitwa Arabane, hafi ya Ménaka, muri Mali, mu gace k’imipaka itatu ibikorwa byinshi byakorewe mu minsi yashize, byatumye hafatwa abayobozi benshi b’uyu mutwe wa Leta ya Kisilamu muri Sahara (État islamique au Grand Sahara).

Nk’uko iyi nkuru dukesha RFI ivuga, imikoranire y’ingabo za Barkhane n’iza Niger “biracyakomeza”. Ingabo z’Ubufaransa zitanga ibisobanuro bike, ariko zivuga ko abarwanyi byibuze 10 ba EIGS bishwe cyangwa bagafatwa muri iyo mirwano yabahuje, mu gihe kuwa gatanu ushize zivuga ko hafi ya Ménaka, hafatiwe umukada ukomeye w’uyu mutwe witwa Dadi Ould Chaïb uzwi cyane ku izina rya Abu Darda cyangwa Abu Dardar.

Uyu kandi yahoze abarizwa mu mutwe wa Mujao, umutwe w’Abajihadiste wigaruriye amajyaruguru ya Mali mu 2012 ufatanyije na Ansar Dine na Aqmi.

Kuva ubwo yinjiye mu mutwe wa Leta ya Kisilamu. Yatawe muri yombi ku nshuro ya mbere mu 2014, ashyikirizwa abategetsi ba Mali hanyuma arekurwa mu Kwakira gushize mu rwego rwo guhana imfungwa zatumye harekurwa abantu bane bari bafashwe bugwate, barimo Soumaïla Cissé na Sophie Pétronin.

Kuva yarekurwa, Abu Darda yakoreshaga ubutabera gakondo mu gace ka Tin Hama, aho bivugwa ko yagize uruhare mu guca ibiganza abagabo batatu baregwaga ubujura mu kwezi gushize.

Igisirikare cy’u Bufaransa kivuga ko igihe yafatwaga, Abou Darda yari yitwaje imbunda, indebakure y’ijoro, ikoti ry’intambara, telefone n’icyombo.

prisonnier-libere-echange-terrorisme-djihadiste-narcotrafiquant-islamiste-mujao-rebelle-touareg-mnla-cma-hcua-barkhane-serval-armee-soldat-francais_1_.jpg

Amakuru atandukanye kandi avuga ko hafashwe abandi bayobozi batatu ba EIGS, barimo Rhissa Al Sahraoui, na we wahoze ari inkingi ya mwamba muri Mujao, abashakashatsi benshi n’abasirikare muri iki gice bavuga ko ari umwe mu bayobozi bakuru b’umutwe wa Leta ya Kisilamu muri Sahara, wegereye umuyobozi wawo mu karere, Abou Walid Al Sahraoui.

Igisirikare cy’u Bufaransa cyanze kwemeza iri fatwa, cyangwa ngo gisobanure niba abafashwe bakomeje guhatwa ibibazo n’ingabo za Barkhane cyangwa niba barashyikirijwe abategetsi ba Mali.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *