Nyuma y’imyaka 11 yose ikipe ya Real Madrid iyoboye urutonde rw’amakipe afite amafaranga menshi muri Champions league, ikipe ya Manchester United yamaze guhigika iyi kipe kuri uyu mwanya.
Ikipe ya Man U ije ku mwanya wa mbere n’amafaranga angana na Miliyoni 689 z’Amayero zingana na Miliyoni $736 Z’idolari.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
AFP ivuga ko iyi kipe yakoresheje imbaraga zidasanzwe mu mikino yagiye itambuka cyane cyane mu mwaka wa 2015/2016 ari byo biyihesheje uyu mwanya.
Iyi kipe yaherukaga kuza kuri uyu mwanya mu bijyanye no kuba yarinjije amafaranga menshi mu marushanwa atandukanye muri 2003/2004.
Ikipe ya Real yasimbuwe kuri uyu mwanya yaje ku mwanya wa 3 nyuma yo gukubitwa inshuro na none na Barcelona.
Nubwo Man U iyoboye urutonde, nta mahirwe ihabwa yo gukomeza kuyobora n’umwaka utaha kubera umusaruro usa n’utari mwiza yagiye igaragaza mu irushanwa rya Premier league.
Ikipe ya Man City nayo yaciye agahigo ko kuza mu makipe 5 afite amafaranga menshi muri uyu mwaka wa 2015/2016 aho iza ku mwanya wa 5 ikurikiye Bayern Munich yo mu gihugu cy’u Budageyari ku mwanya wa 4, mu gihe izindi zirimo Paris Saint Germain ziza inyuma ya Top 5.

Ama-club asaga 20 yabashije kwinjiza Miliyari zisaga 7 bikaba bigaragara ko amafaranga zinjije ziyongereyeho hafi 12 % ugereranyije no mu mwaka washize.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]
Ku kijya nye no kongera amasoko, English Premier league yinjije kurusha European leagues ho rifite amakipe agera ku 8 aza muri top 20, aya makipe yonyine akaba yarabashije kwiniza asaga Miliyari 3 z’Amayero.
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Nsengimana@Bwiza.com


