Tariki ya 6 Werurwe, nibwo imikino ya 1/8 yakomezaga harimo n’uwo Manchester United yasezereye Paris Saint Germain mu mikino ya kabiri ya UEFA Champions League. Ni insinzi yakuye inyuma kuko mu mukino ubanza yari yawutsinzwe ibitego 2 ku busa.
Umukino ugitangira, Manchester United yatangiranye ishyaka n’inyota y’ibitego. Ibi byayihiriye ku munota wa 2, ubwo rutahizamu Romelu Rukaku yayitsindiraga igitego cya 1.
PSG mu buryo bwo gushimangira insinzi yayo yakuye ku kibuga Old Trafford, yokeje igitutu Manchester United. Byasabye iminota 10 gusa kugira ngo Bernat abe yishyuye igitego batsinzwe. Kuri uyu munota wa 12, amakipe yombi yari anganya igitego 1 kuri 1 ariko mu mikino yombi, byari ibitego 3 bya PSG kuri 1 cya United. Kuri iyi saha PSG yari yamaze gusezerera United.
Ole Gunnar Solksjaer nk’umutoza wa United yakomeje gusaba abakinnyi be gushyiramo agatege na bo baramukundira. Ibi byatanze umusaruro ubwo Lukaku yatsindaga igitego cya kabiri ku munota wa 30. Kugeza izi saha, PSG yari igifite amahirwe yo gukomereza mu kindi cyiciro kuko yari ifite ibitego 3 kuri 2 bya United. Uku ni ko iminota 45 y’umukino yarangiye.
Mu gice cya kabiri cy’umukino, amakipe yombi yagerageje amahirwe yo gushaka ibitego byashimangira insinzi nyakuri ariko bitwara igihe kinini kugira ngo igitego kimwe cyakemuye impaka kiboneke.
Ku munota wa 4 w’inyongera, Marcus Rashford wa Manchester United yahawe penaliti , na we atazuyaje, ayiboneza mu rucundura rwa Gianluigi Buffon, umuzamu wa PSG. Kuri uyu munota, ibitego byari bibaye 3 bya United kuri 1 cya PSG ariko muri rusange byari ibitego 3 kuri 3. Icyagombaga kugenderwaho ni umubare w’ibitego buri kipe yatsindiye ku kibuga cyo hanze. Ibi byahiriye United kuko yatsinze ibitego 3 ku kibuga Parc de Princes cya PSG, mu gihe PSG yo yatsinze ibitego 2 kuri Old Trafford.
Iminsi ya 5 na 6 Werurwe, yabaye iy’ibyishimo ku makipe nka Porto, Manchester United na Ajax Amsterdam zari zifite amahirwe make yo gukomereza mu kindi kiciro, bitewe n’uko zari zatsinzwe ku mikino ibanza. Aya makipe yose yatsinze mu mikino ya kabiri.
Nta we uzibagirwa insinzi Ajax yakuye kuri Real Madrid, ubwo yayitsindaga ibitego 4 kuri 1 ku kibuga cyayo, Santiago Bernabeu. Ku wa 6 Werurwe na none, Porto yo muri Portugal yasezereye AS Roma ku bitego 3 kuri 1.
Ahari twitege ibindi bisa n’ibitangaza ku mikino ya Manchester City na Schalke 04 , FC Barcelona na Olympique Lyonnais, Juventus na Atletico Madrid ndetse na Bayern Munich na Liverpool. Iyi mikino izaba kuwa 12 na 13 Werurwe.


