Manzi Thierry yakuwe mu bakinnyi b’Amavubi bagomba kujya gushakira intsinzi muri Caméroun

Sangiza iyi nkuru

Myugariro akaba na Kapiteni wa APR FC, Manzi Thierry, yakuwe mu bakinnyi b’ikipe y’igihugu ‘Amavubi’ bagomba kwerekeza muri Caméroun aho bagomba gukura amanota atatu kugira ngo u Rwanda rubone itike yo kwitabira CAN ku ncuro ya kabiri.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu ni bwo Amavubi afata rutemikirere yerekeza i Douala muri Caméroun, aho azahurira n’ikipe ya kiriya gihugu mu mukino wa nyuma wo mu tsinda F.

Myugariro Manzi Thierry yakuwe muri iriya kipe kubera ikarita y’umuhondo yeretswe mu mukino Amavubi aheruka gutsindamo Mozambique yahise ituma yuzuza umubare w’amakarita atamwemerera gukina.

Ni mu gihe uyu myugariro wa APR yari mu bakinnyi ikipe y’igihugu imaze igenderaho, ndetse akaba yari yanabanje mu kibuga ku mukino wa Mozambique.

Inkuru nziza ku Mavubi y’u Rwanda ni uko umuzamu Kwizera Olivier yongeye kugaruka muri groupe, nyuma yo gusiba umukino wa Mozambique kubera ikarita itukura yari yareretswe muri CHAN.

Amavubi ari ku mwanya wa kabiri mu tsinda F n’amanota 5, inyuma ya Caméroun ya mbere ifite amanota 10.

Ibi bisobanuye ko iyi kipe isabwa gutsinda Caméroun, mu rwego rwo kwiyorohereza akazi ititaye ku bizava mu mukino wa Mozambique na Cap-Vert zinganya amanota ane.

42015142-0e6f-4864-bb80-7abc0957bcab.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *