Marco Rubio wari uhanganye na Donald Trump nawe yakuyemo akarenge

Sangiza iyi nkuru

Senateri Marco Rubio, ukomoka muri Leta ya Florida akaba umukandida waharaniraga kuzahagararira ishyaka ry’aba rebubulikani mu matora ya perezida wa repubulika yatangaje ko yikuye muri aya matora yo gushakisha umukandida uzahagararira iri shyaka.

Ibi bibaye nyuma y’aho hasohokeye imibare y’ibyavuye mu matora y’ijonjora yabaye kuri uyu wa Kabiri mu ma leta ya Carolina y’Amajyaruguru, Florida, Ohio, Illinois na Missouri. Aya matora akaba yarerekanye ko ntacyo yakuye aha hantu.

150413_pol_rubio_announcement5
Senateri Marco Rubio

Marco Rubio abaye uwa kabiri wikuye mu guhatanira kuzahagararira ishyaka ry’abarepubulikani nyuma ya Guverineri wa Leta ya New Jersey, Chris Christie nawe uheruka gukuramo ake karenge.

Rubio nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ikomeza ivuga, yahise atangaza ko bigaragara ko Imana itashakaga ko azatsindira kuyobora Amerika muri uyu mwaka wa 2016.

Mur’ayo matora, mu ishyaka ry’abarepubulikani umuherwe Donald Trump niwe ukomeje kuza imbere nyuma yo kubona amajwi menshi muri Carolina y’Amajyaruguru, Florida na Illinois.

Ku rundi ruhande, mu ishyaka ry’abaharanira demokarasi, Hillary Clinton niwe uza ku isonga mu mibare, nawe akaba yarabonye amajwi menshi muri leta zimwe twavuze ari zo Carolina y’Amajyaruguru, Florida, na Illinois hiyongereyeho Ohio.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *