Martin Fayulu yibasiye Mushikiwabo, asaba RDC kuva muri OIF

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki Martin Fayulu utavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) yibasiye Umunyamabanga Mukuru w’umuryango w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa, Louise Mushikiwabo.

Fayulu wiyita Perezida wa RDC kandi yaboneyeho gusaba iki gihugu kuva muri uyu muryango uzwi nka OIF cyangwa La Francophonie, ngo mu gihe kiyobowe n’umuntu ushyigikiye u Rwanda.

Kuri uyu wa 21 Ugushyingo 2022, uyu munyapolitiki yatangaje ko mbere y’uko inama y’abakuru b’ibihugu na za guverinoma ya OIF yabereye muri Tunisia itangira, Mushikiwabo yishe nkana ingingo y’amasezerano ya OIF.

Ati: “Mu magambo ye mbere y’inama ya Djerba, Madamu Louise Mushikiwabo yishe nkana ingingo y’amasezerano ya OIF. Ntabwo yihanganirwa kandi n’uburyo Minisitiri w’Intebe S. Lukonde yayakiriye ntigukwiye.”

Fayulu asaba RDC kuba yikuye muri OIF mu gihe ikiyobowe na Mushikiwabo, ati: “Byibuze RDC ikwiye kuba ivuye muri OIF mu gihe iyobowe n’ushyigikiye ubushotoranyi bw’u Rwanda kuri RDC.”

Amagambo ya Mushikiwabo avugwa ni ayo yavugiye mu kiganiro yagiranye n’umunyamakuru wa TV5 ubwo yari mu myiteguro y’iyi nama y’iminsi ibiri yabereye mu mujyi wa Djerba kuva tariki ya 19 Ugushyingo.

Mushikiwabo yasabwe kuvuga ku kibazo cy’umutekano muke muri RDC, avuga ko ibihugu birimo u Rwanda, RDC n’u Burundi byafashe imyanzuro yo kugikemura, yibaza impamvu bitarayishyira mu bikorwa.

Yagize ati: “Muri RDC hafi y’umupaka w’u Rwanda hari abarwanyi babangamiye umutekano warwo. U Rwanda, RDC n’u Burundi, ibihugu byo mu karere byafashe umwanzuro w’uko ari ngombwa kurandura iyi mitwe yitwaje intwaro, itazarambika intwaro, ikarwanywa kandi ikaranduka. Kubera iki ibi bidakorwa? Ni ikibazo. Ese twasubira mu masezerano yasinywe mu myaka irenga 10 ishize? Birebana n’ubushake bwa politiki. Biroroshye.”

Mushikiwabo uyobora OIF kuva muri Mutarama 2019 yegukanye manda ya kabiri mu matora yabereye mu nama ya Djerba. Yari umukandida rukumbi ndetse yashyigikiwe n’ibihugu byose.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Martin Fayulu yibasiye Mushikiwabo, asaba RDC kuva muri OIF
    Nubuhute ahubwo.
    Nyuma nu ho bazamenya uko umunzani w’ibitekerezo byabo upima.

  2. Martin Fayulu yibasiye Mushikiwabo, asaba RDC kuva muri OIF
    Nubuhute ahubwo.
    Nyuma nu ho bazamenya uko umunzani w’ibitekerezo byabo upima.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *