“Iyo nza kuba nicaye mu ntebe ya perezida, iriya ntambara iba yararangiye,” ibi ni ibyatangajwe na Martin Fayulu, perezida w’ishyaka EciDé (Engagement pour la Citoyenneté et le Développement) yizeza abaturage ba Boyoma ko vuba agiye gufata ubutegetsi akagira Repubulika ya Demokarasi ya Congo igihugu gikomeye.
Ati “ Tugiye gufata iriya ntebe kandi ntibizaba ari ugushaka kwiba, nta nubwo ari ugushaka kwikungahaza, ahubwo ni ukugirango Congo ikomere nk’uko ubwanyu mukunze kuvuga RDC Eloko ya makasi”.
Kuri Fayulu nk’uko iyi nkuru dukesha Mediacongo.net ivuga, ngo impamvu u Rwanda rukinisha Repubulika ya Demokarasi ya Congo, nuko idafite ubutegetsi bwemewe.
Ati “Kagame adukinisha nk’abana bato kubera ko RDC nta bategetsi ifite bemewe,”
Uyu munyapolitiki ukunze kurangwa n’imvugo zikakaye zibasira u Rwanda n’abayobozi barwo, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 9 Nyakanga 2022 yari i Kisangani, mu rwego rwa kongere y’ishyaka rye iteganyijwe guhera kuwa Kabiri, itariki 11 kugeza ku ya 14 Nyakanga, aho ngo ishyaka rye ritegerejemo imyanzuro myinshi.



2 Responses
Martin Fayulu yijeje rubanda ko vuba agiye gufata ubutegetsi akagira RDC igihangange
Martin Fayulu ahora mu “izasabwe”. Bivuze ko atagendana n’ibihe. Aracyaririmba iby’amatora ya 2018 naho abandi baritegura aya 2023!
Martin Fayulu yijeje rubanda ko vuba agiye gufata ubutegetsi akagira RDC igihangange
Martin Fayulu ahora mu “izasabwe”. Bivuze ko atagendana n’ibihe. Aracyaririmba iby’amatora ya 2018 naho abandi baritegura aya 2023!