FILE PHOTO: Congo's M23 rebels withdraw from seized positions in goodwill gesture, in Kibumba

Masisi: AFC/M23 yafashe agace ka Bibwe

Sangiza iyi nkuru

Kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 9 Nzeri, umujyi muto wa Bibwe, muri Sheferi ya Bashali (Teritwari ya Masisi) muri Kivu y’Amajyaruguru, wigaruriwe n’abarwanyi ba AFC / M23, nyuma y’imirwano ikaze yabaye hagati yabo n’inyeshyamba za Wazalendo.

Nk’uko amakuru aturuka muri ako gace abitangaza, inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo zari zimaze iminsi ibiri zirwanira muri kariya gace.

Umubare w’abiciwe muri iyi mirwano nturamenyekana, ariko amakuru agera kuri Actualite.cd avuga ko ubwoba bwari bwinshi ndetse abaturage bahungiye mu bihuru.

Kwigarurira Bibwe kwa AFC/M23 kwatumye irushaho kwagura aho igenzura muri kiriya gice cya Masisi, aho aho imitwe itandukanye y’inyeshyamba isanzwe irwanira bya hato na hato.

Hari hashize amasaha agera kuri 48, Umuyobozi wa Gurupoma ya Kisimba muri Teritwari ya Walikale, agace  gaturanye na Sheferi ya Bashali muri Teritwari ya Masisi, aburiye ko inyeshyamba za AFC / M23 zishaka kwagurira aho zigenzura mu mujyi wa Pinga. Yahamagariye abashinzwe umutekano guhagarika abarwanyi b’uyu mutwe ngo batagera mu duce dushya tutarafatwa.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *