66324315_605

Masisi: Haravugwa imirwano ikaze hagati ya AFC/M23 na Wazalendo/FARDC muri Kazinga

Sangiza iyi nkuru

Umujyi wa Kazinga, mu murenge wa Osso Banyungu (Teritwari ya Masisi), muri Kivu y’Amajyaruguru, kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, itariki ya 22 Ukwakira, hari kubera imirwano ikaze hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo.

Amakuru agera kuri ACTUALITE.CD avuga ko AFC / M23 ari yo yatangije imirwano nubwo yo ntacyo irayivugaho.

Urusaku rw’intwaro ziremereye n’izoroheje rwumvikanye, bitera ubwoba mu baturage ba Kazinga no mu midugudu ihakikije. Amakuru akomeza avuga ko mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu indi mirwano hagati y’impande zombi yabereye ahitwa Ndete na Shoa muri icyo gice, ariko kurasana bitatinze.

Kugeza ubwo iyi nkuru yandikwaga ibintu byari bikomeje kuba bibi muri kariya gace ka Teritwari ya Masisi kamaze kuba izingiro ry’imirwano hagati y’inyeshyamba za AFC / M23 na Wazalendo kuva muri Mata.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *