20260109105036000000

Masisi: Ingabo za Kinshasa zateye M23, zitwika ibirindiro byayo

Sangiza iyi nkuru

Imirwano yongeye kubura mu bice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, aho umutwe wa AFC/M23 uvuga ko ingabo zishyigikiye ubutegetsi bwa Kinshasa zagabye ibitero ku birindiro byawo ndetse no mu bice bitandukanye byo muri Teritwari ya Masisi.

Nk’uko AFC/M23 ibitangaza, kuva ku wa Gatanu tariki ya 26 Kamena kugeza ku wa Gatandatu tariki ya 27 Kamena 2026, ingabo za Leta ya Kinshasa zagabye ibitero bikomeye ku mirongo y’urugamba, cyane cyane mu bice bya Masisi.

Umuvugizi w’uriya mutwe, Lawrence Kanyuka, ku rubuga rwe rwa X yavuze ko ibitero byibasiye ibice birimo Luki, Gasenyi, Nyakigano, Chayi na Gasake, ahabereye imirwano ikomeye.

Amakuru kandi avuga ko abarwanyi ba Wazalendo batwitse bimwe mu birindiro bya M23 byari biri muri kiriya gice.

AFC/M23 kandi ivuga ko ibitero byakoreshejweho indege zitagira abapilote (drones), ikavuga ko byagize ingaruka ku baturage basanzwe barimo abishwe, abakomeretse ndetse n’abavuye mu byabo kubera umutekano muke.

Uyu mutwe kandi wavuze ko ku wa 26 Kamena habaye ibindi bitero mu bice bya Bibwe, Nyabikeri, Longa na Rwankeri, aho ushinja ingabo za Leta n’abafatanyabikorwa bayo gusenya no gusahura imitungo y’abaturage.

Ku rundi ruhande, nta tangazo ryihariye ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) ryari ryasohoka risubiza ibi birego cyangwa ritanga ibisobanuro ku byabaye muri ibyo bice.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply