Umutwe wa M23 urigamba guha isomo no gukwiza imishwaro Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo FARDC n’imitwe irimo FDLR bakorana, nyuma y’imirwano ikomeye yasakiranyije impande zombi kuri iki cyumweru.
Ni imirwano yaramukiye mu duce tugize Teritwari ya Masisi nka BWIZA, Kitshanga na Burungu; guhera saa Saba z’igicuku.
M23 biciye mu bayobozi bakuru bayo yemeje ko iyi mirwano yasize ihaye isomo rikomeye Ihuriro ry’ingabo za Guverinoma y’i Kinshasa.
Umuvugizi w’Ishami rya Gisirikare ry’uyu mutwe, Major Willy Ngoma, kuri rubuga rwe rwa X yavuze ko “ihuriro rya Guverinoma ryakwiye imishwaro kuri iki cyumweru tariki ya 15 Ukwakira 2023, i Kitshanga, Burungu n’ahandi. Umwanzi yatakaje imbaraga mu buryo bwose kandi bwuzuye.”
Yunzemo ko intambara 100 intare za Sarambwe [ni ko M23 yiyita] zirwanye ziyibonamo intsinzi 100.
Umuyobozi wa M23, Bertrand Bisimwa na we yifashishije ruriya rubuga, yemeje ko imirwano yo kuri iki Cyumweru yasize Ingabo za Congo ziboneye isomo muri Masisi.
Asa n’uwishongora kuri Perezida Tshisekedi yagize ati: “Turahamagarira Bwana Tshisekedi kugaragaza ibyiyumvo byiza, binyuze mu gufatira urugero rwuzuye ku isomo ryatanzwe na ARC/M23 ku basirikare ba FARDC, FDLR, Mai-mai n’abacanshuro muri Bwiza muri iki gitondo.”
Kugeza ubu ntiharamenyekana umubare nyawo w’Ingabo za FARDC zatsinsuwe na M23.


