Masisi: M23 irigamba kwambura FARDC uduce dushya

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa M23 biciye mu ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC) usanzwe ubarizwamo, watangaje ko wambuye ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya RDC uduce dushya two muri Teritwari ya Masisi.

Ni nyuma y’imirwano iri gusakiranya impande zombi kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 1 Gashyantare 2024.

AFC ku rubuga rwayo rwa X yavuze ko uduce ingabo zayo za M23 zigaruriye mu gitondo turimo aka Rushoga, Majagi na Kabashumba duherereye ku bilometero bitanu uvuye ahitwa Ngungu muri Teritwari ya Masisi.

Iri huriro ryunzemo riri: “Byongeye kandi, ingabo zacu zageze muri Kazinga, mu bilometero bike uvuye i Rubaya. Imirwano iracyajya mbere mu misozi ikikije umujyi wa Sake n’igiturage cya Karuba.”

AFC ivuga ko kuri ubu ihuriro ry’ingabo za Guverinoma ya Kinshasa rikomeje kugaba ibitero ku birindiro by’Ingabo zayo muri Karuba, gusa zikaba zikomeje gukora ibishoboka byose mu kurinda abasivile.

Soma Izindi Nkuru

One Response

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *