p0kgz3ds.jpg

Masisi: M23 yigaruriye imidugudu 8

Sangiza iyi nkuru

Umutwe wa AFC/M23 ku Cyumweru tariki ya 7 Nzeri 2025, wigaruriye imidugudu umunani yo muri Teritwari ya Masisi nyuma y’imirwano yawusakiranyije n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Umuturage wavuganye na ACTUALITE.CD dukesha iyi nkuru, yavuze ko “kuva ku mugoroba, abarwanyi ba AFC/M23 bagaragara muri Mafuo, Biholo, Shoa na Bwambaliro.”

Uyu yakomeje avuga ko abarwanyi ba AFC/M23 banagenzura imidugudu ya Busoro, Kinyeere, Burora na Ngesha.

Amakuru avuga ko ihuriro ry’imitwe ya Wazalendo irwana ku ruhande rwa Leta ya Kinshasa, nyuma yo gukubitwa na M23 ryimukiye i Kazinga n’i Mahanga ku mupaka wa teritwari ya Masisi na Walikale.

Abarwanyi ba Wazalendo bagaragaye mu mashusho bakubita agatoki ku kandi, bavuga ko bagomba gusubirana ibice bambuwe isaha n’isaha.

Hashize iminsi ibice birimo Shoa n’inkengero zayo birimo akavuyo n’ubwicanyi bikorwa na Wazalendo n’ingabo za Leta zitakigira ijambo imbere y’izi nyeshyamba n’abasivile bahawe intwaro.

AFC/M23 imaze iminsi iteguza ko izajya gutabara abasivili bakomeje kugabwaho ibitero n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, kandi ko izazimya umuriro aho uturuka hose.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *