Mbaoma yatsinze 2, APR FC inyagira Gorilla FC

Sangiza iyi nkuru

APR FC yaraye inyagiye Gorilla FC ibitego 4-1, ikomeza kuyobora by’agateganyo urutonde rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere.

Umunya-Nigeria Victor Mbaoma yatsinze ibitego bibiri muri uyu mukino, mu gihe Umurundi Nshimirimana Ismail Pitchou na Mugisha Gilbert buri umwe yatsinze igitego kimwe.

Ni bwo bwa mbere iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yari yinjije ibitego bine kuva shampiyona itangiye.

Ni APR FC yari imaze iminsi itabanye neza n’abafana bayo bagaragazaga ukutishimira umusaru imaze iminsi ibona.

APR FC yatangiye umukino yotsa Gorilla FC igitutu cyinshi, ifungura amazamu ku munota wa 29 w’umukino ibifashijwemo na Pitchou.

APR FC yatsinze igitego cya kabiri ku munota wa 58 biciye kuri Mbaoma wahaye akazi gakomeye ba myugariro ba Gorilla FC mbere yo kuva mu kibuga asimbuwe.

Gorilla FC yakunze guhuzagurika cyane yatsinze impozamarira ku munota wa 66 biciye kuri Cedric Mavugo.

Byari mbere y’iminota 12 ngo Mbaoma atsindire APR FC igitego cya gatatu cyahise kiba icya 10 amaze gutsinda kuva shampiyona itangiye.

Umunya-Caméroun Bemol Apam Assongwe yatsindiye APR FC agashinguracumu ku munota wa 85, nyuma yo kwinjira mu kibuga asimbura Mugisha Gilbert.

Kunyagira Gorilla FC byatumye APR FC ikomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona n’amanota 30, mbere yo guhurira n’Amagaju mu mukino usoza igice kibanza cya shampiyona.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *