Meddie Kagere yagejeje Simba ku mukino wa nyuma wa Mapinduzi Cup

Sangiza iyi nkuru

Ikipe ya Simba Sports Club ibifashijwemo n’abarimo Umunyarwanda Meddie Kagere, yaraye igeze ku mukino wa nyuma wa Mapinduzi Cup nyuma yo gutsinda Namungo FC ibitego 2-0.

Kagere ni we wafunguriye iyi kipe ku munota wa 14 w’umukino, ku mupira umunya-SĂ©nĂ©gal Pape Ousmane Sakho yinjiranye mu rubuga rw’amahina ateye ishoti rikurwamo n’umunyezamu Jonathan Nahimana; hanyuma Kagere wari urekereje ahita asonga umupira mu nshundura.

Sakho wahaye akazi gakomeye Namungo yatsindiye Simba igitego cya kabiri ku munota wa 48 w’umukino, nyuma yo kubanza gucenga ba myugariro ba Namungo FC.

Simba Sports Club yahise isanga ku mukino wa nyuma Azam FC iheruka gutsindira muri shampiyona ibitego 2-1, yo yawugezeho itsinze Yanga Africans kuri penaliti 9-8, nyuma y’uko iminota isanzwe y’umukino yari yarangiye amakipe yombi anganya 0-0.

Mu mwaka ushize na bwo Simba yari yatsinze Namungo igera ku mukino wa nyuma wa Mapinduzi Cup, gusa iza gutwarwa igikombe na mukeba wayo Yanga Africans nyuma yo kuyitsinda kuri penaliti 4-3.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *