Abantu benshi barwanira ibintu, abandi bakarwanira imyanya, kandi byose birahita vuba, bikibagirana. Ariko umunyabwenge aharanira ibitinda, kandi nta ahandi wabisanga, cyeretse mu Imana. Imibanire yâumuntu nâImana bitangirira mâurugendo rwe hamwe na Yesu. Uwo, icya mbere kimu baho, uhereye umunsi wa mbere yiyemeje kugendana na Yesu, nâuguhabwa ububasha bwo guhinduka Umwana wâImana, ndetse umuturage wo mâubwami bwayo.
Nta kibabaje nko kutamenya umubyeyi wawe, kandi yishoboye. Nta kibabaje nko kuba umuturage utazi uburenganzira bwe cyangwa inshingano ze mu gihugu. Benshi mu bana bâImana babayeho basenga amasengesho yogusabiriza ibyo bahawe cyera, gusa nâuko batazi gutahura no kugendera mu mahame yâUbwami babarizwamo.
Umwami Yesu yabajije Petero ati âAriko mwebwe ubwanyu mugira ngo ndi nde?â Simoni Petero aramusubiza ati âUri Kristo, Umwana wâImana ihoraho.â Yesu aramusubiza ati âUrahirwa Simoni wa Yona, kuko umubiri nâamaraso atari byo byabiguhishuriye, ahubwo ni Data wo mu ijuru. Nanjye ndakubwira nti âUri Petero, kandi nzubaka Itorero ryanjye kuri urwo rutare, kandi amarembo yâikuzimu ntazarishobora.â Nzaguha imfunguzo zâubwami bwo mu ijuru, kandi icyo uzahambira mu isi kizaba gihambiriwe mu ijuru, nâicyo uzahambura mu isi kizaba gihambuwe mu ijuru.â (Matayo 16: 15-19)
Petero amaze gutahura Uwo Yesu ariwe byâukuri, byatumye na Yesu nawe amuhishurira uwo ariwe, nâicyo yaremewe, impamvu ya Petero yokubaho mwâisi. Benshi bapfa batara menya icyo baremewe, bakazava mwâisi batagikoze, cyangwa se batagisohoje.
Petero amaze gutahura uwo Yesu yariwe byâukuri, byamuhesheje imfunguzo zâUbwami bwo mwâIjuru. Mâubundi buryo byamuhesheje ububasha bwogukorana nâijuru, kuburyo icyo yanga ntikibeho, nâicyo ashaka, akaba aricyo kibaho. Nâicyo bita inyungu zo kugendana nâukomeye, cyangwa umusaruro wo kumenya ibyâagaciro.
Izo mfunguzo, ubwo bubasha nâubushobozi Yesu yahaye Petero, yarihaye buri wese utahura uwo Yesu ariwe mâubuzima bwe.
Kuri uyu munsi wa mbere, turatangiranye nâihame rya mbere cyangwa urufunguzo rwa mbere, ari ukumenya uwo uriwe muri Kristo, Uri Igikomangoma cyo mâUbwami bwâImana, kuko So ari Umwami waho. Ntakibabaje nko kuba igikomangoma kitazi icyo aricyo. Gishobora kuba ri agahinja, cyangwa kitarabyakira. Wowe urihe, wiyakira ute? Mbere yâImana yawe. Ufite ububasha bwo kwanga no guhindura ibikubaho byose, ubasha gufunga no gufungura. Amahitamo nâayawe.
Shalom,
Pastor Christian Gisanura


