MIDIMAR yahagaritse komite yari ihagarariye impunzi mu nkambi ya Kiziba

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’imvururu zari zimaze iminsi zumvikana mu nkambi ya Kiziba iri mu karere ka Karongi, Intara y’i Burengerazuba, mu kuzishakira umuti, Minisitiri w’Imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) yakuyeho komite yari ihagarariye impunzi.

Iyi Minisiteri mu itangazo yageneye abanyamakuru kuri uyu wa 30 Mata 2018, itangaza ko ibi byemezo byafashwe mu rwego rwo kugira ngo ibikorwa bikomeze kugenda neza muri iyi nkambi.

Bagira bati “ Nyuma y’igihe hagaragara ibikorwa
by’imyigaragambyo mu nkambi y’impunzi ya Kiziba, Minisiteri
y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi iramenyesha ko hari ibyemezo byafashwe
mu rwego rwo kugira ngo ibikorwa bikomeze kugenda neza muri iyi
nkambi

Igenzura ry’ibanze ryagaragaje ko ikihishe inyuma y’iyi myigaragambyo ari Komite ihagarariye impunzi yari ifite inshingano zo gufasha mu inozabikorwa mu nkambi, aho kuzuza izi nshingano, igakomeza gushishikariza impunzi kwigumura ku nzego z’ubuyobozi bwa Leta ndetse n’abafatanyabikorwa; zikababuza kugera mu nkambi, zigateza akaduruvayo mu nkambi, bigateza umutekano muke mu nkambi no mu nkengero zayo.

Minisitiri w’Imicungire y’ibiza n’impunzi, ashingiye ku mabwiriza ya Minisitiri No 01/2017 yo ku wa 3 Ugushyingo 2017 agena imigendekere y’amatora ya komite mu nkambi no mu migi, afashe icyemezo cyo guhagarika komite ihagarariye impunzi mu nkambi ya Kiziba kandi iki cyemezo kigatangira kubahirizwa guhera uyu munsi, nka kimwe mu byemezo byo gusubiza ibintu ku murongo n’iyubahirizwa ry’amategeko mu nkambi
no mu nkengero zayo.

Minisiteri kandi iramenyesha ko imyitwarire mibi, akaduruvayo n’ubushotoranyi bigaragara mu nkambi ya Kiziba bihabanye n’amategeko kandi ko bigomba guhita bihagarara hagamijwe kugarura amahoro, umutekano no kubahiriza amategeko mu nkambi no gukoresha ibiganiro mu gukemura ibibazo bihari.

Guverinoma y’u Rwanda ifite inshingano zo kurinda umutekano w’abanyarwanda bose n’uw’impunzi icumbikiye. Ku bw’ibyo rero, Minisiteri irahamagarira impunzi zose gufasha mu gusubiza ibintu ku murongo mu nkambi, kandi ko uzagerageza kubangamira ishyirwa mu bikorwa ryabyo, azaba yishe amategeko kandi akabihanirwa.

Guverinoma y’u Rwanda izakomeza gukorana n’abafatanyabikorwa batandukanye, barimo amashami y’Umuryango w’Abibumbye mu kuzamura imibereho no kwita ku mpunzi zose zicumbikiwe ku butaka bw’u Rwanda” .

Ku nkambi ya Kiziba imyigaragambyo yatangiye  kuva mu matariki 15 Gashyantare 2018,ariko imbere mu nkambi. Nyuma baza guhaguruka igihiriri bavuga ko batashye ariko bajya kuri UNHCR i Karongi baba ariho bakambika. Iyi myigaragambyo yasize abagera kuri 11 mu mpunzi bahasiga ubuzima abandi barakomereka, barimo n’abo ku ruhande rw’abashinzwe umutekano.

Inkambi ya Kiziba icumbitsemo impunzi z’abanye-Congo zigera ku 17 000, biganjemo urubyiruko n’abana. Iyi nkambi yashinzwe aha Kiziba mu murenge wa Rwankuba muri Karongi kuva mu 1996 kubera abahunganga imirwano n’ubugizi bwa nabi bw’imitwe inyuranye yitwaje intwaro mu burasirazuba bwa Congo.

Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

YouTube player

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *