Min. Vincent Biruta yageze muri Congo-Brazzaville

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yageze muri Congo-Brazzaville, aho yitabiriye Inama y’Ibihugu byo mu Muryango w’Ubukungu bw’Ibihugu bya Afurika yo Hagati (ECCAS).

Uyu muryango wa Economic Community of Central African States (ECCAS) uhuza ibihugu 11 byo muri Afurika yo Hagati harimo n’u Rwanda.

Urubuga rwa Twitter ya Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga rwatangaje ko Minisitiri Biruta akigera i Brazzaville yakiriwe na Denis Sassou Nguesso, aho ibiganiro bagiranye byagarutse ku bufatanye bw’ibihugu byombi.

Umuryango w’ubukungu uhuza ibihugu byo muri Afurika yo Hagati birimo Angola, u Burundi, Cameroun, Santarafurika, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Gabon, Guinée Equatoriale, Tchad, Sao Tomé-et-Principe n’u Rwanda rwari rwarawuvuyemo mu 2007 ariko ruwugarukamo muri 2016.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Min. Vincent Biruta yageze muri Congo-Brazzaville
    kosora inkuru yawe ntabwo Dr Biruta ari prezida ngo yakiriwe na mugenzi we Dennis Sassou muge mwandika mutaratumura akotsi

  2. Min. Vincent Biruta yageze muri Congo-Brazzaville
    kosora inkuru yawe ntabwo Dr Biruta ari prezida ngo yakiriwe na mugenzi we Dennis Sassou muge mwandika mutaratumura akotsi

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *