Min. w’Intebe wa Ethiopia yatanze imbabazi zitunguranye ku bakomeye bo muri TPLF

Sangiza iyi nkuru

Leta ya Ethiopia ivuga ko izarekura abatavuga rumwe na yo benshi bakomeye barimo abo mu ishyaka rya TPLF nka Sibhat Nega, uri mu bashinze iri shyaka, hamwe na Abay Weldu wahoze ari Perezida w’akarere ka Tigray, mu gihe iki gihugu cyizihiza Noheli yo mu idini rya Orthodox.

Mu ijambo ryo ku wa Gatanu, Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed yavuze ko leta ye irimo kubikora mu rwego rwo kugera ku bwiyunge mu gihugu no guteza imbere “ubumwe”.

Izi mbabazi zitunguranye zitanzwe mu gihe imirwano yabaye ihagaze muri iyi ntambara, mu gihe cya vuba aha gishize ingabo za leta zikaba zarisubije imijyi myinshi yari iri mu maboko y’inyeshyamba.

Ubwo rwatangazaga izi mbabazi, urwego rwa leta rwo gutangaza amakuru rwasohoye itangazo ruvuga ko “urufunguzo ku bumwe burambye ni ibiganiro. Ethiopia izigomwa icyo ari cyo cyose kugira ngo ibi bigerweho”.

Iryo tangazo ryongeyeho riti: “Intego yazo ni uguharura inzira yo kugera ku gisubizo kirambye ku bibazo bya Ethiopia mu nzira y’amahoro, itarimo urugomo… cyane cyane hagamijwe gutuma habaho ibiganiro bihuriwemo na bose mu gihugu.”

BBC ivuga ko abandi bakomeye bo mu yandi moko menshi na bo barekuwe.

Ingabo za leta ya Ethiopia zimaze amezi 14 zirwana n’inyeshyamba, muri iyi ntambara imaze guhitana abantu babarirwa mu bihumbi.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *