Min. w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi yageze mu nteko ku kibazo cya Rusesabagina

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’Ububiligi, Sophie Wilmès, kuwa Kabiri, yageze mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’Abadepite ngo avuge ku kibazo cya Rusesabagina ufungiwe mu Rwanda ariko akagira ubwenegihugu bw’Ububiligi.

Sophie yabwiye abadepite ko Leta ” iri gukurikiranira hafi iby’urubanza rwa Rusesabagina.”

Uyu muminisitiri nta byinshi yashatse gutangaza gusa ngo bari kubikurikirana. Ati ” Dukomeza gukurikirana ko Rusesabagina afunzwe mu buryo bwubashye, ko arimo kuvurwa bikwiriye, ko uburenganzira bwe bwo kunganirwa bwubahirizwa kandi ko azacirirwa urubanza runoze.”

RTBF yatangaje iyi nkuru ivuga Sophie yakuriye inzira ku murimo abadepite akababwira ko nta byinshi bakora ku kibazo cya Rusesabagina mu gihe abadepite bo bavugaga ko hagira igikorwa kuko Rusesabagina ari Umubiligi n’ubwo yavukiye mu Rwanda.

Mu bibazo bitoroshye yahaswe n’abadepite, Minisitiri Sophie yabwiwe ko ifatwa rya Rusesabagina atari iryo kurebera. Uyu mugore akavuga ko ibi bireba ubutabera kuko ngo ” minisiteri na amabasade ntacyo babikoraho.”

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *