Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu, yemereye abayoboke ba Kiliziya Gatolika n’ab’idini ya Islam gusenga buri munsi nk’uko byari bisanzwe mu mikorere yabo, ariko bubahiriza amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yashyizweho.
Ni nyuma y’uko abayobora ariya madini bari bandikiye MINALOC bayisaba ko bakwemererwa gusenga buri munsi.
Iyi Minisiteri ibinyujije kuri Twitter, yavuze ko nyuma yo kujya inama kuri buriya busabe yanzuye ko abayoboke b’ariya madini “bemerewe gusenga buri munsi bubahiriza amabwiriza yashyizweho yo kwirinda COVID-19.”
Iyi Minisiteri yunzemo ko “andi madini n’amatorero asanzwe aterana mu mibyizi na yo aremerewe, akubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19.”
MINALOC yavuze ko iyi gahunda ireba gusa amadini n’amatorero yemewe mu Rwanda muri za Kiliziya/Insengero/Imisigiti byari bisanzwe byemerewe gusenga kuko byujuje ibisabwa.


