Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) yamaganye igihuha giherekejwe n’indangamuntu bikomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga, bishinja Umuhinde, Sharma Guljari Lal kwinjiza Coronavirus mu Rwanda. Mu gitondo cyo kuri uyu wa 14 Werurwe ni bwo Minisiteri y’ubuzima yasohoye itangazo rivuga ko mu Rwanda hagaragaye umuntu wa mbere wanduye icyorezo cya Virusi ya Corona. MINISANTE yavuze ko uwo muntu afite ubwenegihugu bw’Ubuhinde, akaba yarageze mu Rwanda ku wa 08 Werurwe. Iri tangazo ryakurikiwe n’ikarita ndangamuntu y’umunyamahanga witwa Sharma Guljari Lal w’Umuhinde yahise itangira gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga, bivugwa ko ari we wazanye kiriya cyorezo mu Rwanda. Uriya muhinde afite Iguriro rya Sharma mu mujyi wa Kigali, gusa si we winjije Coronavirus mu gihugu nk’uko Minisante yabitangaje. Ubutumwa MINISANTE yanyujije kuri Twitter buragira buti ” Indangamuntu iri gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ni iya Sharma Guljari Lal utarwaye Coronavirus ndetse udafite aho ahuriye n’uwatangajwe ko afite Coronavirus.” Bukomeza bugira b” Minisiteri y’ubuzima yamaganye yivuye inyuma ikwirakwizwa ry’amakuru atizewe.” Hari n’andi makuru yavugaga ko Kaminuza y’u Rwanda yahagaritse amasomo kubera kiriya cyorezo, gusa ubuyobozi bw’iyi Kaminuza bubinyujije kuri Twitter bwavuze ko ayo makuru na yo ari ibihuha. Abanyarwanda barasabwa kudakuka imitima. Mu butumwa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yanyujije ku rubuga rwe rwa Twitter mu kanya kashize, yifurije abarwaye icyorezo cya Virusi ya Corona gukira vuba. Perezida Kagame kandi yasabye abantu gukaraba intoki kenshi, kwirinda kuramukanya, kwirinda kujya ahantu hateraniye abantu benshi kandi bagahagarara ahitaruye, n’ibindi. Yongeyeho ati” Turakangurira buri wese gukurikiza amabwiriza ajyanye no kubungabunga ubuzima (nkuko imigenzo myiza yo kwirinda ibyibutsa).” Perezida Kagame asanga hari ikizere cy’uko “Tuzatsinda muri ibi bihe bikomeye binyuze mu bufatanye no gukorera hamwe”, gusa abantu bakaba basabwa ukwitwararika bakomeje kwerekana nk’Abanyarwanda.” Inzego z’ubuzima mu Rwanda zirasaba Abanyarwanda bose muri rusange kwitwarika bakagendera ku mabwiriza yo kwirinda Coronavirus.

MINISANTE ivuga ko Sharma atari we wagaragayeho Coronavirus




20 Responses
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Birabe ibyuya ntibibe amaraso!
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Birabe ibyuya ntibibe amaraso!
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Niba atariwe kuki badatangaza imyirondoro yowo uyidwaye?
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Niba atariwe kuki badatangaza imyirondoro yowo uyidwaye?
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Kuberako ikicyorezo cyagaraga mugihugu cyacu , ndabona ingendo zose zahagarikwa cyaneko hari abantu benshi bagiye muri weekend , hakabanzwa hagashakwa ibyuma byo kuyipima muri buri gare zose zo mu Rwanda kubazonjiramo ndetse n’abazisohokamo kuko bitabaye ibyo iki kinyangwa kirakwirakwinzwa mugihugu cyacu cyose
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Kuberako ikicyorezo cyagaraga mugihugu cyacu , ndabona ingendo zose zahagarikwa cyaneko hari abantu benshi bagiye muri weekend , hakabanzwa hagashakwa ibyuma byo kuyipima muri buri gare zose zo mu Rwanda kubazonjiramo ndetse n’abazisohokamo kuko bitabaye ibyo iki kinyangwa kirakwirakwinzwa mugihugu cyacu cyose
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Nonese iriya ndangamuntu yavuyehe ko nurutocyi ruyifashe atarurwa nyirayo uwayibonye yayikuyehe?
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Nonese iriya ndangamuntu yavuyehe ko nurutocyi ruyifashe atarurwa nyirayo uwayibonye yayikuyehe?
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Mwaramutse neza
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Mwaramutse neza
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Umukunzi nifuza nubucyuti
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Umukunzi nifuza nubucyuti
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
MANADUTABARE
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
MANADUTABARE
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Koronavirusi yakomotsehe?
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Koronavirusi yakomotsehe?
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Mukomereze aho ndabona ingamba zafashwe haricyo zizatugezaho.
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Mukomereze aho ndabona ingamba zafashwe haricyo zizatugezaho.
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Tunejejwe nuko hari abantu bari gukira coronavirus mu Rwanda mukomerezeho!
MINISANTE iramagana amakuru ashinja Sharma kwinjiza Coronavirus mu Rwanda
Tunejejwe nuko hari abantu bari gukira coronavirus mu Rwanda mukomerezeho!