Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Dr Vincent Biruta, yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Dr Abiy Ahmed Ali.
Ni ibiganiro byabereye i Addis Ababa aho Biruta yagiriye uruzinduko rw’akazi kuri uyu wa Gatanu.
Ni uruzinduko rugamije gushimangira umubano Ethiopia n’u Rwanda bamaze igihe bafitanye.
Ni umubano ushinze imizi mu myaka ya 1970, ukaba waragiye wera imbuto zijyanye n’amasezerano y’ubufatanye ibihugu byombi byagiye bisinyana mu nzego zitandukanye.
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia byatangaje ko nyuma y’ibiganiro bya Abiy na Biruta, bombi bateye igiti cyizwi nka Green Legacy ahazwi nka Unity Park.


