council.jpg

Minisitiri Biruta yatangaje ibyo yumvikanye na Sherman wa USA kuri Rusesabagina

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane mu Rwanda, Dr Vincent Biruta, yatangaje ibyo yumvikanye n’Umunyamabanga wungirije wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Wendy Sherman wamumenyesheje ko igihugu cye kirajwe ishinga cyane n’urubanza rwa Paul Rusesabagina ufite uburenganzira bwa buhoraho bwo gutura iwabo.

Minisitiri Biruta uri mu ruzinduko muri USA yahuye na Sherman tariki ya 29 Werurwe 2022, bagirana ibiganiro byerekeye ubufatanye bw’ibihugu byombi mu nzego zitandukanye, uyu Munyamabanga wungirije ashimira u Rwanda ku kuba rwaramaganye igitero cy’u Burusiya, ariko anakomoza kuri Rusesabagina.

Nk’uko Umuvugizi w’Umunyamabanga wa USA, Ned Price yabitangaje, Sherman yamenyesheje Minisitiri Biruta ko igihugu cye kirajwe ishinga n’urubanza rwa Rusesabagina.

Mu kiganiro Minisitiri Biruta yagiranye n’abagize umuryango Atlantic Council mu ishami ryawo rya Afurika, yibukijwe ko ubwo yari kumwe na Sherman yagejejweho ibibazo bijyanye n’uburenganzira bw’ikiremwamuntu, birimo dosiye ya Rusesabagina ukurikiranweho ibyaha by’iterabwoba.

Yabajijwe icyo yasubije Sherman ubwo yari amaze kuvuga kuri dosiye y’uyu mufungwa, agira ati: “Twumvikanye ko tugomba kureka inkiko zigakora akazi kazo, ko Leta y’u Rwanda idashobora kwivanga mu rubanza ruri mu nkiko, kandi ko tugomba gutegereza inkiko zigakora akazi kazo.”

Minisitiri Biruta yakomeje asobanura ko yabwiye Sherman ko inzego za buri gihugu n’ubusugire bwacyo bigomba kubahwa, kandi ko ari bwo buryo bwiza bwo kubaka umubano ukomeye w’ibihugu. Ati: “Kandi dukwiye kubaha inzego z’u Rwanda n’iza USA. […] Tugomba kubaha inzego za buri gihugu, tukubaha ubusugire bwacyo, kuko ni bwo buryo bwiza bwo kubaka ubufatanye bukomeye hagati y’ibihugu.”

Umwanzuro w’urukiko rw’ubujurire ku rubanza rwa Rusesabagina [n’abandi 20 bareganwa] uzatangazwa tariki ya 4 Mata 2022. Urukiko Rukuru rwari rwaramukatiye igifungo cy’imyaka 25 muri Nzeri 2021, USA n’u Bubiligi bitangaza ko bitabyishimiye, binasobanura ko bitekereza ko urubanza rutari rwaciwe mu mucyo.
council.jpg

Soma Izindi Nkuru

6 Responses

  1. Minisitiri Biruta yatangaje ibyo yumvikanye na Sherman wa USA kuri Rusesabagina
    Uri umuhanga Biruta.
    Umunyapolitiki nyawe kandi udateshaguza mubyo avuga no guhagarara ku murongo w’urwamubyaye.

  2. Minisitiri Biruta yatangaje ibyo yumvikanye na Sherman wa USA kuri Rusesabagina
    Uri umuhanga Biruta.
    Umunyapolitiki nyawe kandi udateshaguza mubyo avuga no guhagarara ku murongo w’urwamubyaye.

  3. Minisitiri Biruta yatangaje ibyo yumvikanye na Sherman wa USA kuri Rusesabagina
    Min Biruta ntatubwije ukuri yuko Amerika n’Ubulayi beruye ko batazemera ibivuye mu nkiko kandi ifatwa lya Rusesabagina lyaliswe “ishimutwa”. Abasenateri benshi n’abadepite barabyanditse. Hasigaye guhitamo kumurekura cyanga guhagarikirwa imfashanyo no gufatirwa ibindi bihano. Uriya mudamu wahuye na Mid Biruta ntiyavuguruza Senate cyanga Congress!

    1. Minisitiri Biruta yatangaje ibyo yumvikanye na Sherman wa USA kuri Rusesabagina
      nibamure kure nivyi arashaje eregasumunyagwanda?

    2. Minisitiri Biruta yatangaje ibyo yumvikanye na Sherman wa USA kuri Rusesabagina
      nibamure kure nivyi arashaje eregasumunyagwanda?

  4. Minisitiri Biruta yatangaje ibyo yumvikanye na Sherman wa USA kuri Rusesabagina
    Min Biruta ntatubwije ukuri yuko Amerika n’Ubulayi beruye ko batazemera ibivuye mu nkiko kandi ifatwa lya Rusesabagina lyaliswe “ishimutwa”. Abasenateri benshi n’abadepite barabyanditse. Hasigaye guhitamo kumurekura cyanga guhagarikirwa imfashanyo no gufatirwa ibindi bihano. Uriya mudamu wahuye na Mid Biruta ntiyavuguruza Senate cyanga Congress!

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *