Minisitiri w’Ibikorwaremezo mu Rwanda, Gatete Claver akurikiranwe n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha akekwaho ibyaha birimo kunyereza umutungo wa leta.
Dosiye ya Minisitiri Gatete bikekwa ko ifitanye isano n’iya Rwamuganza Caleb wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri Ministeri y’Imari n’Igenamigambi na Rwakunda Christian wabaye Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo bari gukurikiranwa n’ubushinjacyaha.
Abakurikiranwe n’ubushinjacyaha muri iyi dosiye kandi harimo Serubibi Eric wayoboye Urwego rw’Igihugu rushinzwe imiturire, RHA (Rwanda Housing Authority), Kabera Godfrey wari ushinzwe Igenamigambi muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ndetse n’umunyemari, Rusizana Aloys.
Ubushinjacyaha bugaragaza ko hanyerejwe miliyari ebyiri z’Amafaranga y’u Rwanda, ku nzu Rusizana Aloys yagurishije leta ku mafaranga miliyari 9.8 RWF kandi yari ifite agaciro ka miliyari 7.6 RWF.
Guhendesha leta nkana
Mu rubanza rwa ba Caleb Rwamuganza rwabereye mu Rukiko rw’Ibanze rwa Gasabo tariki ya 18 Kamena 2020, aba bayobozi n’ababaye bo barezwe ‘guhendesha leta’ bagatuma inzu ya Rusizana Aloys igurwa amafaranga arenze agaciro kayo.
Gusa bose bagiye babihakana, ahubwo bashyira mu majwi Min. Gatete na Amb. Musoni James (ubu asigaye ahagarariye u Rwanda muri Zimbabwe) nk’abayobozi babahaye amabwiriza yo gukora ibiganiro byo kuyigura byahuje abo muri MINECOFIN, MININFRA na RHA. Rwamuganza wayoboye ibiganiro byo kugura iyi nzu mu kwiregura, yavuze ko yabiyoboye abitegetswe na Minisitiri Gatete.

Nk’uko Umuseke wabitangaje tariki ya 19, umunyamategeko Me Abayo Jean Claude wari uhagarariye Serubibi Eric yabwiye ubushinjacyaha ko Musoni James wari Minisitiri w’Ibikorwaremezo yabwiye Rwakunda ko avuye mu biro bya Perezida, amubwira ko inzu ya Rusizana igomba kugurwa mu gihe kitari kirenze amezi abiri.


Aba baregwa bose, icyo gihe babwiye urukiko ko ibyo babazwa, byakabaye bibazwa aba ba Minisitiri Gatete na Ambasaderi Musoni kuko ari bo bashyikirizaga raporo y’uko ibiganiro byagenze.
BBC yavuganye n’uri kuvugira Urwego rw’Ubugenzacyaha, Dominique Bahorera kugira ngo imenye uko dosiye ivugwamo Minisitiri Gatete ihagaze, atangaza ko hari abayobozi bakekwaho gusesagura ibya rubanda n’imitungo ya leta, ati: “Uwo muminisitiri uvuze ari muri abo bari gukorwaho iperereza.”
Gusa iri perereza riri gukorwa Minisitiri Gatete adafunzwe, ahubwo ari mu mirimo ye nk’uko Bahorera yakomeje abwira iki gitangazamakuru.


