Ku wa Kane, itariki ya 31 Ukwakira 2024, Umunyamabanga wa Leta muri minisiteri y’ubuzima muri Uganda ushinzwe ubuvuzi bw’ibanze, Margaret Muhanga Mugisa, yasuye ikigo cy’igihugu gishinzwe kurwanya icyorezo cya Marburg, aho yahuye n’amakipe ayoboye urugamba rwo kurwanya virusi ya Marburg.
Yahuye kandi n’ikipe y’Abagande muri iki gihe bari mu Rwanda aho baje gufasha mu rugamba rwo kurwanya Marburg.
This morning, Hon. Margaret Muhanga Mugisa, Uganda's Minister of State for Health in Charge of Primary Health Care, visited the Marburg National Command Post, where she met with teams leading the fight against the Marburg virus. She also met with the Ugandan team currently in… pic.twitter.com/UH4sGFxTVm
— Ministry of Health | Rwanda (@RwandaHealth) October 31, 2024
Muhanga yavuze ko yishimiye uko u Rwanda rwitwaye mu kurwanya iki cyorezo ndetse bakakibuza gukwira mu bindi bihugu, ndetse anashima ikorabuhanga rikoreshwa mu gutanga amakuru no mu gupima.

Minisitiri w’ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, mbere yavuze ko virusi ya Marburg yateje icyorezo ku itariki ya 27 Nzeri yavuye mu buvumo bukorerwamo ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ubushakashatsi bwakozwe bwa mbere bwerekana ko virusi yanduzwa binyuze mu matembabuzi, yavuye ku nyamaswa ikajya ku muntu, itanyuze mu bantu benshi.


