Minisitiri w’Intebe w’u Buyapani, Shigeru Ishiba, yavuze ko azava ku mirimo ye, yariho kuva mu Kwakira 2024, nyuma yo gutakarizwa icyizere n’abayoboke b’ishyaka rye.
Abayoboke b’ishyaka riri ku butegetsi rya Ishiba riharanira demokarasi no kwishyira ukizana kwa buri muntu (LDP) bamutakarije nyuma yo gutakaza ubwiganze mu mitwe yombi y’inteko ishinga amategeko kuva yatangira kuyobora mu gihe kitagze ku mwaka gishize.
Kuri iki Cyumweru, itariki 7 Nzeri 2025, mu kiganiro n’abanyamakuru, Shigeru Ishiba yagize ati: “Nahisemo kwegura ku mwanya wa perezida w’ishyaka riharanira demokarasi no kwishyira ukizana.”
Iyi nkuru dukesha Deutsche Welle ikomeza ivuga ko ishyaka LDP riteganya gukora amatora y’uzamusimbura ku buyobozi bwaryo mu minsi iri imbere.
Ishyaka LDP (Liberal Democratic Party) rimaze igihe kinini ryiganje mu buyobozi, ryatakaje kuyobora inteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite, nyuma y’amatora yo mu Kwakira gushize, ndetse rinanirwa kubona imyanya 248 isabwa kugirango rigire ubwiganze mu mutwe wa Sena muri Nyakanga.


