mitima_isaac_ari_mu_biganiro_bya_nyuma_na_rayon_sports_ngo_yongere_amasezerano

Mitima Isaac yirukanwe na Al Zulfi FC nyuma y’amezi atanu

Sangiza iyi nkuru

Umukinnyi mpuzamahanga w’u Rwanda, Isaac Mitima yatandukanye n’ikipe ya Al Zulfi FC yo mu cyiciro cya kabiri muri Arabia Saoudite nyuma y’amezi atanu gusa.

Mitima w’imyaka 27 yari yasinye amasezerano y’imyaka ibiri muri Kanama 2024, ariko iyi kipe yahisemo gusesa amasezerano nyuma yo kudatanga umusaruro wari witezwe.

Uyu myugariro yakiniye Al Zulfi imikino itanu gusa, umukino we wa nyuma ukaba wari ku wa 3 Ukuboza 2024, ubwo batsindaga Ohod Club ibitego 3-2.

Kuri ubu, Mitima nta kipe afite ariko abahagarariye inyungu ze baravugana n’ikipe yo muri Oman itaratangazwa ku bijyanye no kuyerekezamo.

Mbere yo kwerekeza muri Arabia Saoudite, Mitima yakiniye amakipe arimo Sofapaka FC yo muri Kenya na Rayon Sports yo mu Rwanda.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *