Mohamed Morsi wari ufite imyaka 67 y’amavuko, wigeze kuba Perezida wa Misiri, yapfuye ari mu rukiko. Televiziyo y’iki gihugu yavuze ko Morsi yaguye mu rukiko aho yaburanaga ibirego by’ubutasi, ahita yitaba Imana.
Yatowe kuba Perezida mu mwaka wa 2012, ubwo yari umuyobozi w’ishyaka rya Muslim Brotherhood. Yahiritswe n’igisirikare umwaka wakurikiyeho.
Mohamed Morsi yaregwagwa ibyaha binyuranye na leta iri ku butegetsi mu Misiri.


