Urubanza rwa Moise Katumbi, umwe mu banyapolitiki batavuga rumwe na Leta ya Kabila, ushinjwa kubiba amacakubiri rwasubukuwe kuri uyu wa Gatatu tariki ya 27 Kamena 2018, nyuma yaho atangarije ko mu kwezi gutaha azajya mu gihugu (RDC) kwiyamamaza ku mwanya w’umukuru w’igihugu.
Katumbi n’abandi bantu batandatu barimo n’umunyamerika umwe, bashinjwa icyaha cyo gushaka guhungabanya umutekano w’igihugu.
Umuherwe Moise Katumbi, umuyobozi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya TP Mazembe, yahoze ari umuyobozi w’ Intara ya Katanga ndetse ari n’inshuti ya Perezida Kabila, yaciriwe urubanza adahari, ubu akaba amaze imyaka ibiri ari mu buhunzi.
Aganira na BBC, Katumbi yayitangarije ko ashaka kuzasubira muri RD Congo mu mezi abiri ari imbere kwiyandikisha mu matora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Ukuboza. Nyuma yo gutangaza ibi, iby’urubanza rwe bikaba byasubukuwe mbere y’uko agerayo.
Ati “ Nziyamamariza mu gihugu kuko ni uburenganzira bwanjye, ntacyo ntinya, hagati ya 24 Nyakanga na 8 Kanama nzaba ndi i Kinshasa muri ibyo bikorwa,…”.
Moise Katumbi aregwa ibyaha bitandukanye, amaze imyaka ibiri mu buhunzi, ku wa 19 Gicurasi 2016 nibwo yarezwe bwa mbere mu butabera icyaha cyo gushaka abacanshuro b’abanyamahanga ngo yashakaga kwifashisha mu guhungabanya umutekano w’igihugu n’ibindi byaha. Ku ruhande rwe akabihakana avuga ko abigerekwaho ku mpamvu za politiki.


