MONUSCO yatangaje ko izarwanya M23 n’ingoga, niyubura imirwano

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo (MONUSCO), Bintou Keita, yatangaje ko ingabo ziburimo zizarwanya M23 n’ingoga mu gihe yakubura imirwano.

Bintou yabimenyesheje abanyamakuru mu kiganiro cyebereye i Goma kuri uyu wa 1 Kamena 2022, cyerekeye umutekano wo mu burasirazuba bwa RDC bumaze iminsi buberamo imirwano y’ingabo za Leta zifatanyije n’iza MONUSCO, zahanganaga na M23.

Yasobanuye ko muri iyi mirwano yabereye muri teritwari ya Rutshuru na Nyiragongo, izi ngabo zabashije kugarura ituze, ariko ngo M23 niyubura imirwano.

Yagize ati: “Hamwe n’abafatanyabikorwa bacu mu ngabo za Congo, twabashije kugarura ituze muri teritwari ebyiri. Ariko uruhare rwacu ruzakomeza mu gukemura ikibazo cya M23. Ibi birasaba imbaraga zihamye z’igisirikare mu gihe haba ubushotoranyi cyangwa igitero.”

Gusa nk’uko Radio Okapi yabitangaje, Bintou yongereyeho ko mu rwego rwo gukemura ikibazo cya M23, usibye gukoresha imbaraga z’igisirikare, hanakoreshwa inzira ya politiki na gahunda yo gusubiza abarwanyi mu buzima busanzwe.

Ingabo za MONUSCO zinjiye muri uru rugamba zishinja M23 kugaba igitero ku birindiro byayo, gusa yarabihakanye, ahubwo isobanura ko hari ubufatanye bwazo, ingabo za Leta n’indi mitwe yitwaje intwaro irimo FDLR irwanya Leta y’u Rwanda.

Iyi mirwano yakomerekeyemo byoroheje abasirikare 2 ba MONUSCO, 16 b’ingabo za Leta barapfa, abandi barakomereka. Nta mibare yigeze itangazwa kuri M23.

Umuvugizi wa M23, Major Willy Ngoma, aherutse gusobanurira itangazamakuru ko mu rwego rwo kwirinda kurwana n’ingabo za MONUSCO, abarwanyi babo basubiye mu ishyamba.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. MONUSCO yatangaje ko izarwanya M23 n’ingoga, niyubura imirwano
    Uwo na we aje ari Jacques-Roger Booh-Booh

  2. MONUSCO yatangaje ko izarwanya M23 n’ingoga, niyubura imirwano
    Uwo na we aje ari Jacques-Roger Booh-Booh

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *