Izi ntwaro zari zarahishwe mu mwaka ushize

Mozambique: RDF yavumbuye intwaro nyinshi zari zarahishwe n’ibyihebe

Sangiza iyi nkuru

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’amahoro mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique zatahuye intwaro nyinshi n’amasasu byari byarahishwe n’abarwanyi b’umutwe w’iterabwoba ukorerayo witwa Ansar Al sunna.

Ibiro bya RDF byatangaje ko izi ntwaro zirenga 100 zirimo imbunda ntoya, amasasu mato na za roketi. Ngo bi byihebe byazihishe mu mwaka ushize ubwo byirukankanwaga mu duce twa Siri 1 na Siri 2 mu karere ka Mbau.

Ingabo z’u Rwanda ziremeza ko itahurwa ry’izi ntwaro rizabuza ibyihebe amahirwe yo kuba byasubukura ibikorwa by’iterabwoba muri utu duce.

Izi ntwaro zari zarahishwe mu mwaka ushize
Izi ntwaro zari zarahishwe mu mwaka ushize

Ziganjemo intoya za AK-47
Ziganjemo intoya za AK-47

Mu masasu yavumbuwe harimo na za roketi
Mu masasu yavumbuwe harimo na za roketi

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Mozambique: RDF yavumbuye intwaro nyinshi zari zarahishwe n’ibyihebe
    Mukomereze aho turabashyigikiye ngabo zacu.

  2. Mozambique: RDF yavumbuye intwaro nyinshi zari zarahishwe n’ibyihebe
    Mukomereze aho turabashyigikiye ngabo zacu.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *