Mu Bufaransa hari kubera imurikagurisha ry’ibitwaro byakoreshejwe mu Ntambara ya 2 y’Isi

Sangiza iyi nkuru

Mu mujyi wa Catz mu Bufaransa hari kubera cyamunara y’ibimodoka by’intambara n’ibindi bikoresho bya gisirikare byakoreshejwe mu Ntambara ya Kabiri y’Isi yose mu rugamba rwa Normandie.

f2_0153-resize

2021874_normandie-des-tanks-de-la-seconde-guerre-mondiale-mis-aux-encheres-web-tete-0211215346393_1000x533

Ibyinshi muri ibi birwanisho byakoreshejwe ku munsi uzwi nka D-Day, ubwo ingabo zishize hamwe zarwanyaga u Budage zagabaga igitero ku nkengero za Normandie cyo kubohoza amajyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burayi bwari bwarigaruriwe n’ingabo za Hitler zamenyekanye nk’Abanazi.

normandytankmuseum

Iyi nkuru dukesha BBC ikaba ivuga ko byinshi muri ibi bimodoka by’intambara n’ibindi bikoresho byavuguruwe kuri ubu bikaba bikora neza.

f2_0273-resize

Aya makuru ariko akaba akomeza avuga ko inzu ndangamurage ubitsemo ibi bikoresho imaze imyaka 3 ifunguye ariko nta bantu benshi bayisura ngo bajye kwihera ijisho ibi birwanisho ngo ibyo bashimye babigure.

invalides-seconde-guerre-mondiale

Nyiri iyi nzu avuga ko kwegeranya ibyo bikoresho ari akazi k’ubuzima bwe amaze imyaka 37 akora, ariko ngo imisoro yo mu Bufaransa ikaba imunaniye.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter

Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *