Mu Mugezi wa Rusizi hatoraguwe imirambo y’abantu babiri bishwe bajugunywamo

Sangiza iyi nkuru

Mu Mugezi wa Rusizi, mu birometero nka 5 uvuye mu Ntara ya Cibitoke ho mu majyaruguru y’uburengerazuba bw’u Burundi, hatowe imirambo ibiri y’abantu bishwe bajugunywamo.
Iyi mirambo, uw’umugabo n’uw’umugore, yasanzwe mu mugezi wa Rusizi ku ruhande rwa Segiteri Rusiga, muri Komini ya Rugombo.
maxresdefault
Nk’uko byatangajwe na SOS Médias Burundi , ngo ni abahinzi bakorera ku nkombe za Rusizi batanze amakuru y’iyi mirambo.

 
Iyi nkuru ikaba ivuga ko ubuyobozi ndetse n’abashinzwe umutekano batabashije kumenya aba bantu bishwe cyane ko n’imirambo yabo ngo yari yatangiye kwangirika.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com
 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *