Kuri uyu Kane, itariki 27 Gicurasi 2021, mu rukiko rw’ibanze rwa Ruhango, hasomwe urubanza ku ifungwa ry’agateganyo ruregwamo umugabo ukekwaho icyaha cyo guhohotera uwacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, urukiko rwemeza ko agomba gufungwa by’agateganyo igihe cy’iminsi 30 mu gihe dosiye igitegurwa ngo iregerwe urukiko mu mizi.
Iki cyaha cyakorewe mu Mudugudu wa Bugari, Akagali ka Rubona, Umurenge wa Bweramana, Akarere ka Ruhango, Intara y’Amajyepfo. Kuva mu mwaka wa 2020, akaba yarajyaga anyura ku rugo rw’uwahohotewe nijoro, agahondagura inzugi, akamutuka ibitutsi bigayitse, akamutukana n’umuryango we ngo ni imbwa, ngo nihagira uwibeshya agasohoka mu nzu barabonana.
Ubushinjacyaha bwamureze ibirebana n’ifungwa ry’agateganyo ku itariki ya 8 Gicurasi 2021, ruburanishwa kuri 20 Gicurasi 2021nk’uko iyi nkuru y’Ubushinjacyaha Bukuru ikomeza ivuga.
Mu gihe uwahohoterwaga yari yaraye ashyinguye imibiri y’ababyeyi be bishwe muri Jenoside yakoreye abatutsi muri Mata 1994, ku itariki ya 26 Mata 2021, yarabyutse asanga hari amasaka batemye bayarambika ku muryango w’inzu ye, agiye kureba aho yavuye asanga yatemwe mu murima we, asanga hari n’insina zatemwemo, hakekwa uregwa kuko yari asanzwe amuhohotera, akamutuka , akamubwira amagambo mabi, akamutera ubwoba. Uregwa yanahise ajya kwihisha ubwo havugwaga icyo kibazo mu nama y’abaturage.
Aramutse ahamwe n’icyaha akurikiranyweho cyo guhohotera uwacitse ku icumu rya Jenoside, uregwa yahanishwa igihano cy’igifungo cy’imyaka 7 n’ihazabu inganana miliyoni 1 y’amafaranga y’u Rwanda, giteganywa mu ngingo ya 11 y’itegeko n°59/2018 ryo ku wa 22/08/2018 ryerekeranye n’ingengabitekerezo ya Jenoside n’ibyaha bifitanye isano na yo.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


