Mu rubanza ubushinjacyaha buregamo impunzi 21 z’abanyecongo zo mu nkambi ya Kiziba , ku itariki ya 22 Mata 2018 ,ubwo uru rubanza rwabaga, ubushinjacyaha ku rwego rwisumbuye rwa Bwishyura, mu karere ka Karongi, rwari rwasabye ko zakongera gufungwa iminsi 30 none Urukiko rwisumbuye rwahaye agaciro ubu busabe.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere itariki ya 30 Mata 2018, izo mpunzi 21 ziri mu mpuzankana y’imfungwa w’iroze, zongeye kwitaba urukiko rwisumbuye rwa Muhanga, ziregwa ibyaha birimo kwigaragambya no kutubaha inzego z’umutekano.
Umucamanza yavuze ko imbogamizi izo mpunzi hamwe n’abunganizi bazo bamaze iminsi bagaragaza nta shingiro zifite.
Hari ukuba zaravugaga ko Urukiko rwa Muhanga rudafite ububasha bwo kuziburanisha, ko urukiko rwa Bwishyura mu Karere ka Karongi zabanje gushyikirizwa ari rwo rufite ubwo bubasha ari naho ziregwa gukorera icyaha.
Umucamanza Adolphe Udahemuka yavuze ko itegeko riteganya ko umuntu ashobora kuburanishirizwa ku rukiko rwegereye gereza iyo ariyo yose afungiwemo.
Indi ngingo basomeweho, ni iy’ifungwa n’ifungura.
Umucamanza yemeje icyifuzo cy’ubushinjacyaha bwasabaga ko aba bagabo bongererwa indi minsi 30 gifite ishingiro.
Ubushinjacyaha buvuga ko bugikeneye ukundi kwezi kugirango burangize neza iperereza ku byaha baregwa.
Â
Izi mpunzi kandi zasabaga ko zaba zirekuwe by’agateganyo kuko inyinshi muri zo zivuga ko impungenge zo kujya hanze zitakiriho.
Ariko urukiko rwo rwavuze ko zitasobanuye neza uburyo izo mpungenge zavuyeho kandi ko ngo zirekuwe zahita zitoroka kuko ngo ari abanyamamahanga.
Ariko zo zivuga ko zitatoroka kuko ngo mu gihugu cyazo cya Congo nta mutekano uhari.
Ni ku nshuro ya 4 bari bitabye urukiko mbere y’uko urubanza rutangira mu mizi.
Abunganira izi mpunzi bavuga ko batumva impamvu uru rubanza rukomeza gutinda gutangira mu mizi.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwavuze ko icyemezo cy’ubushinjacyaha cyo gukomeza kubafunga ukundi kwezi gifite ishingiro kandi ko runafite ububasha bwo kubaburanisha.
Ibi bibaye mu gihe kandi ,Minisiteri ishinzwe gucyura impunzi n’ibiza ,yasohoye itangazo rivuga ko yasheshe komite z’ubuyobozi bw’iyi nkambi, kuko ari bwo bwagiraga uruhare mu kugumura abandi ndetse bamwe muri aba bafunze bakaba bari bari muri iyo komite.
Kanda kuri SUBSCRIBE ujye ubona ibiganiro n’indirimbo bishya

Uwambayinema M.Jeanne /bwiza.com


